Perezida Tshisekedi yahaye isezerano rikomeye ibyihebe byiciye Abakristu mu rusengero
Yanditswe: Monday 16, Jan 2023
Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yamaganye igitero cya bombe yatezwe ku rusengero rwa CEPAC igahitana abantu barenga 10 ahitwa Kasandi mu burasirazuba bwa RDC.
Perezida Felix Tshisekedi yiyemeje ko azakora ibishoboka byose kugira ngo ababikoze babibazwe imbere y’ubutabera.
Kuri iki cyumweru nibwo iyi nkuru mbi yamenyekanye ko muri uru rusengero i Kasindi hafi y’Umujyi wa Beni,haturikiye igisasu cyahitanye abayoboke 17 bo muri Communauté des Églises Pentecôtistes du Congo nk’uko Radio (…)
Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yamaganye igitero cya bombe yatezwe ku rusengero rwa CEPAC igahitana abantu barenga 10 ahitwa Kasandi mu burasirazuba bwa RDC.
Perezida Felix Tshisekedi yiyemeje ko azakora ibishoboka byose kugira ngo ababikoze babibazwe imbere y’ubutabera.
Kuri iki cyumweru nibwo iyi nkuru mbi yamenyekanye ko muri uru rusengero i Kasindi hafi y’Umujyi wa Beni,haturikiye igisasu cyahitanye abayoboke 17 bo muri Communauté des Églises Pentecôtistes du Congo nk’uko Radio Okapi yabitangaje ndetse kigakomeretsa abarenga 20.
Kuri Twitter Ibiro bya Perezida byasohote ubutumwa Félix-Antoine Tshisekedi yageneye imiryango yabuze ababo.
Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yavuze ko yamaganye kiriya gitero “cy’iterabwoba cyagabwe ku cyumweru ku rusengero rwa Pentikoti mu rusisiro rwa Kasindi, kigahitana abarenga 10 abandi bagakomereka.”
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bikomeza biti “Umukuru w’Igihugu arihanganisha imiryango ibabaye, yizeza ko abanyabyaha bazakurikiranwa, bagafatwa, bakagezwa imbere y’ubutabera bagahanwa bikomeye.”
Umutwe wa ADF biravugwa ko ari wo wagabye kiriya gitero ndetse n’abashinzwe umutekano muri kariya gace babyemeje.
Bamwe mu babonye ibyabaye kuri iki cyumweru bavuga ko icyo gisasu cyaturitse mu gihe muri uru rusengero, rwarimo abantu barenga 100, bari bageze mu gihe cyo kubatiza.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *