Mu ijambo yagejeje ku Nteko rusange ya 78 y’umuryango w’abibumbye i New York, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), Félix Tshisekedi, yasabye akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano guhana ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyokomuntu, n’ibindi byakorewe muri RDC.
Perezida Tshisekedi yagaragaje umujinya w’uko abantu bamwe bagize uruhare muri ibyo byaha, bavuzwe muri raporo zitandukanye z’impuguke z’umuryango w’abibumbye, batarabazwa ibyo bakoze.
Félix Tshisekedi yashimangiye akamaro k’ubutabera no kuryozwa ibyaha bikomeye byakorewe muri RDC ku babikoze. Yibukije ko kudahana ibyo bikorwa bidashobora kwihanganirwa kandi ko amahanga agomba kugira icyo akora kugira ngo ababikoze baryozwe ibyo bakoze.
Iki cyifuzo cy’ubutabera kije mu gihe DRC yagiye igaragaramo intambara nyinshi z’abitwaje intwaro ndetse n’ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu myaka isaga icumi ishize.
Perezida Tshisekedi yishimiye kandi icyemezo cya Leta zunze ubumwe z’Amerika cyo guhagarika ubufatanye mu bya gisirikare n’u Rwanda kubera ko bivugwa ko rushyigikiye umutwe w’inyeshyamba M23 gusa rwo rurabihakana.
Yise M23 umutwe w’iterabwoba avuga ko ibiganiro uyu mutwe washakaga na Leta bitazigera bibaho. M23, ikorera mu burasirazuba bwa DRC,ibikorwa byayo biracyateye impungenge.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *