Komisiyo yigenga y’Amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu bigaragaza ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wari usanzwe ari ku butegetsi, ari we wayatsinze ku majwi 73.34%
Aya matora yari ahanganyemo abakandida 26 barimo Moïse Katumbi wagize amajwi 18.08%, Martin Fayulu wagize 5.33%, Denis Mukwege wabonye 0.22%, Radjabo Tebabho Sorobabho wagize 0.39%, Constant Mutamba wabonye 0.2% n’abandi bafite amajwi ari mu ijanisha rya 0%.
Ni amatora yatorewemo icyarimwe Perezida wa Repubulika, Abagize Inteko Ishinga Amategeko, Abayobozi b’Intara na za komine.
Aya matora yo ku wa 20 Ukuboza,yaranzwe n’utunenge twatumye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bayamagana.
Mu turere tumwe na tumwe byabaye ngombwa ko amatora akomeza ku munsi wa kabiri.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi w’imyaka 60 bavuga ko izi mbogamizi zabaye nkana, bakavuga ko zari mu gushaka kumwibira amajwi.
Igisirikare cyakwirakwijwe mu turere dutandukanye tw’umurwa mukuru Kinshasa kugira ngo kizibire imyigaragambyo yakwaduka, mu gihe abakunzi ba Tshisekedi bo buzuye imihanda bishimira intsinzi yabo.
Biteganyijwe ko Perezida Tshisekedi azarahirira Manda ya kabiri ku wa 20 Mutarama 2024.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *