skol

Perezida wa Ghana John Mahama yemeye ko yatsinzwe

Yanditswe: Friday 09, Dec 2016

Nana Akufo-Addo yatsinze amatora yiyamamaje kunshuro ya gatatu 2008, 2012 na 2016
Perezida Ghana John Dramani Mahama yemeye ko yatsinzwe amatora y’ umukuru w’ igihugu yabaye kuwa 7 Ukuboza 2016, ndetse ahamagara uwamutsinze Nana Akufo-Addo amushimira
Amatora akimara kuba Perezida John Mahama n’abo mu ishyaka rye New Patriotic Party (NPP) bari babanje kwamagana ibyatangazwaga n’abo mu ishyaka rya Nana Ado byavugaga ko batsinze amatora.
Kuri uyu wa 9 Ukuboza 2016 nibwo komisiyo (…)

Nana Akufo-Addo yatsinze amatora yiyamamaje kunshuro ya gatatu 2008, 2012 na 2016

Perezida Ghana John Dramani Mahama yemeye ko yatsinzwe amatora y’ umukuru w’ igihugu yabaye kuwa 7 Ukuboza 2016, ndetse ahamagara uwamutsinze Nana Akufo-Addo amushimira

Amatora akimara kuba Perezida John Mahama n’abo mu ishyaka rye New Patriotic Party (NPP) bari babanje kwamagana ibyatangazwaga n’abo mu ishyaka rya Nana Ado byavugaga ko batsinze amatora.

Kuri uyu wa 9 Ukuboza 2016 nibwo komisiyo y’amatora muri iki gihugu yatangaje byerekana ko Nana Ado ari we watsinze amatora n’amajwi 53,35% naho mukeba we wari na Perezida akaba yagize amajwi 44,85%.

Abantu benshi bashyigikiye Nana Ado bahise bajya ku rugo rwe kwishimira intsinzi.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu mu murwa mukuru Accra naho habaye ibikorwa byo kwishimira iyi ntsinzi ya Nana Ado ku bamushyigikiye nk’uko bitangazwa na Citifm.

Nana Akufo-Addo agiye kuba Perezida wa gatanu wa Ghana.

Perezida Mahama niwe Perezida wa mbere wa Ghana utsinzwe amatora yari ari ku buyobozi kuva mu 1992 igihugu cyajya muri Politiki y’amashyaka menshi.

Abandi bakandida biyamamazaga muri aya matora; Dr. Edward Mahama, Nana Konadu Agyeman-Rawlings, Dr. Papa Kwesi Nduom n’umukandida wigenga utari uhagarariye ishyaka witwa Jacob Osei Yeboah bose bahamagaye Perezida watsinze bamubwira ko bamushimira.

Aya matora yo muri Ghana yitabiriwe n’abaturage 15 712 499.

Nana Addo watsinze afite imyaka 72, yigeze kuba Umushinjacyaha mukuru wa Ghana aza no kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ghana kuva mu 2000 kugeza 2008.

Ibumoso: John Dramani Mahama, iburyo: Nana Akufo-Addo

Mu kwiyamamaza kwe muri uyu mwaka yibanze cyane mu kwizeza urubyiruko imirimo kubera ubushomeri burwugarije. Yari afite intero igira iti “Change: An agenda for jobs”.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa