skol

Perezida wa Iran ategerejwe muri Uganda nyuma ya Kenya na Zambia

Yanditswe: Monday 10, Jul 2023

featured-image

Ibrahim Raisi uyobora Iran azasura Uganda mu minsi ibiri iri imbere. Azabanza gusura Kenya akurikizeho Uganda azakomereze muri Zambia.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda witwa Vincent Bagiire yabwiye ChimpReports ko amakuru y’uruzinduko rwa Raisi muri Uganda ari impamo.
Bitaganyijwe ko hari amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kampala na Teheran impande zombi zizasinya.
Ubufatanye bwa Uganda na Iran bumaze igihe.
Mu myaka iri imbere, Uganda irashaka (…)

Ibrahim Raisi uyobora Iran azasura Uganda mu minsi ibiri iri imbere. Azabanza gusura Kenya akurikizeho Uganda azakomereze muri Zambia.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda witwa Vincent Bagiire yabwiye ChimpReports ko amakuru y’uruzinduko rwa Raisi muri Uganda ari impamo.

Bitaganyijwe ko hari amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kampala na Teheran impande zombi zizasinya.

Ubufatanye bwa Uganda na Iran bumaze igihe.

Mu myaka iri imbere, Uganda irashaka gukomeza gukorana na Iran mu nzego zirimo n’ubucukuzi bwa Petelori.

Ibitekerezo

  • Byiza rwose, ubundi ibyo bihano Amerika izabifatire rimwe! Asyi weee.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa