Perezida wa Iran ategerejwe muri Uganda nyuma ya Kenya na Zambia
Yanditswe: Monday 10, Jul 2023
Ibrahim Raisi uyobora Iran azasura Uganda mu minsi ibiri iri imbere. Azabanza gusura Kenya akurikizeho Uganda azakomereze muri Zambia.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda witwa Vincent Bagiire yabwiye ChimpReports ko amakuru y’uruzinduko rwa Raisi muri Uganda ari impamo.
Bitaganyijwe ko hari amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kampala na Teheran impande zombi zizasinya.
Ubufatanye bwa Uganda na Iran bumaze igihe.
Mu myaka iri imbere, Uganda irashaka (…)
Ibrahim Raisi uyobora Iran azasura Uganda mu minsi ibiri iri imbere. Azabanza gusura Kenya akurikizeho Uganda azakomereze muri Zambia.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Uganda witwa Vincent Bagiire yabwiye ChimpReports ko amakuru y’uruzinduko rwa Raisi muri Uganda ari impamo.
Bitaganyijwe ko hari amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kampala na Teheran impande zombi zizasinya.
Ubufatanye bwa Uganda na Iran bumaze igihe.
Mu myaka iri imbere, Uganda irashaka gukomeza gukorana na Iran mu nzego zirimo n’ubucukuzi bwa Petelori.

Ibitekerezo
Byiza rwose, ubundi ibyo bihano Amerika izabifatire rimwe! Asyi weee.