skol

Prigozhin washinze Wagner yashyinguwe mu muhango uri mu muhezo kandi bwite

Yanditswe: Wednesday 30, Aug 2023

featured-image

Yevgeny Prigozhin wari umukuru w’itsinda Wagner ry’abacanshuro b’Abarusiya, yashyinguwe mu muhango utari uwo ku rwego rwa leta mu mujyi wa St Petersburg, nkuko byavuzwe n’urwego rwe rwo gutangaza amakuru.

Urwo rwego rwavuze ko uwo muhango, wo muri uwo mujyi avukamo, wabaye "mu buryo bwo mu muhezo", kandi ko abantu bose "bifuza kumusezeraho bashobora gusura irimbi rya Porokhovskoe".

Abategetsi bo mu Burusiya bemeje urupfu rwe, nyuma y’isesengura ry’ingirabuzima-fatizo ku mirambo 10 yasanzwe mu ndege yahanutse ku itariki ya 23 y’uku kwezi kwa Kanama (8), hafi y’umurwa mukuru Moscow.

Ibiro bya perezida w’Uburusiya (Kremlin) byahakanye ibihwihwiswa ko ari byo nyirabayazana y’iryo hanuka ry’indege.

Ariko bamwe mu bakurikiranira hafi ibibera mu Burusiya – b’imbere mu gihugu no mu mahanga – bavuze ko Prigozhin, wari ufite imyaka 62, yari "umupfu wigendera" kuva yayobora ukwigomeka kutageze ku ntego kwo mu kwezi kwa Kamena (6) uyu mwaka.

Abantu bose 10 bari bari muri iyo ndege – barimo na Dmitry Utkin wari wungirije Prigozhin – bapfiriye muri iyo ndege yahanukiye mu karere ka Tver, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Moscow.

Urwego rushinzwe gutangaza amakuru rwa Wagner rwatanze ayo makuru mu itangazo rigufi ku wa kabiri rwashyize ku rubuga rwa Telegram

Nta yandi makuru rwatanze.

Urubuga rw’amakuru MSK1 rwo mu Burusiya rwasubiyemo amagambo y’abashinzwe irimbi bavuga ko umuhango wo kumushyingura wabaye ku wa kabiri hafi saa kumi z’umugoroba (16:00) ku isaha yaho.

Bagize bati: "Ni ko benewabo [ba Prigozhin] babyifuje".

Urubuga MSK1 rwanatangaje ko Prigozhin yashyinguwe iruhande rw’imva ya se. Rwongeyeho ko ibendera rya Wagner ry’amabara y’umukara, umuhondo n’umutuku, ryabonekaga aho ku irimbi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa