skol

"Putin yaribeshye cyane"-Perezida Biden abwira Zelensky

Yanditswe: Tuesday 21, Feb 2023

featured-image

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizashyigikira Ukraine mu ntambara yayo n’Uburusiya “igihe cyose izafata”, nkuko Perezida Joe Biden yabivuze mu rugendo rwe i Kyiv (umurwa mukuru wa Ukraine) rutatangajwe.
Ati: "Twizeye cyane ko ugiye gukomeza utsinda”.
Uru rugendo rwa mbere rwa Biden muri Ukraine nk’umukuru w’igihugu rubaye hasigaye iminsi mike ngo habe isabukuru y’umwaka ushize iyi ntambara itanguye.
Avuga ko Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya “yibeshye cyane” gutekereza ko Uburusiya (…)

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizashyigikira Ukraine mu ntambara yayo n’Uburusiya “igihe cyose izafata”, nkuko Perezida Joe Biden yabivuze mu rugendo rwe i Kyiv (umurwa mukuru wa Ukraine) rutatangajwe.

Ati: "Twizeye cyane ko ugiye gukomeza utsinda”.

Uru rugendo rwa mbere rwa Biden muri Ukraine nk’umukuru w’igihugu rubaye hasigaye iminsi mike ngo habe isabukuru y’umwaka ushize iyi ntambara itanguye.

Avuga ko Perezida Vladimir Putin w’Uburusiya “yibeshye cyane” gutekereza ko Uburusiya bwari gushobora kunesha Ukraine n’incuti zayo zo mu burengerazuba.

Yabonanye na Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine hanyuma bombi basura urwibutso rw’abasirikare bapfiriye muri iyi ntambara imaze imyaka icyenda kuva Uburusiya bwigarura akarere ka Crimea, hanyuma inyeshamba zishyigikiwe n’Uburusiya nazo zikigarurira uduce tw’akarere ka Donbas kari mu majyepfo.

Uru rugendo rwa Biden rwari rugamije gushimangira ko Amerika “yiyemeje ko itazigera icika intege mu gushyigikira demokarasi, ubwigenge n’ubusugire bwa Ukraine”, nk’uko biri mu itangazo rya Maison Blanche/White House (ibiro by’umukuru w’igihugu wa Amerika).

Uburusiya ngo bwamenyeshejwe iby’uru rugendo amasaha makeya mbere y’uko Perezida Biden afata urugendo ku mpamvu z’umutekano, nk’uko bivugwa n’umutegetsi wa Amerika.

Nyuma y’uru rugendo, umunyamabanga wa Leta ya Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken yatangaje imfashanyo nshya mu by’ umutekano igiye guhabwa Ukraine, ikaba ifite agaciro ka miliyoni 450 z’amadorari y’abanyamerika, harimo amasasu ya za ntwaro z’imizinga zo mu bwoko bwa obusiers/ howitzers na Himars, ibisasu bya misire zo mu bwoko bwa Javelin hamwe n’ama-radars yo gucunga ikirere.

Amerika kandi igiye guha Kyiv izindi miliyoni icumi z’amadorari y’ubutabazi bwihuta kugira ngo Ukraine ishobore kubungabunga amasoko atanga ingufu yayo, nk’uko Blinken abitangaza.

Muri iki cyumweru kandi hitezwe gutangazwa ibihano bishya ku bantu n’amakompanyi “agerageza kwihisha cyangwa gushyigikira iyi ntambara y’Uburusiya”.

Zelensky avuga ko intsinzi ya Ukraine ku Burusiya izava ku buryo abashyigikiye Ukraine biyemeje gukomeza bayifashe mu mugongo, kandi ko muri Biden abonamo iki cyemezo.

Avuga kandi ko aba bategetsi babiri baganiriye ku buryo hashobora koherezwa izindi ntwaro. Perezida Zelensky akomeza asaba indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-16, ikintu Amerika n’ibindi bihugu by’incuti bitaremeza.

Avuga kuri uru rugendo, umuvugizi wa Minisiteri y’Uburusiya ishinzwe ububanyi n’amahanga,Maria Zakharova avuga ko “abashoye imitima yabo ku Banyamerika” ari bo bazatsindwa.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa