skol

RDC: Abadepite barasaba Leta gukurikirana abasirikare bitwikiriye ijoro, bakica abaturage

Yanditswe: Tuesday 25, Apr 2023

featured-image

Abadepite bahagarariye intara ya Ituri mu nteko ishinga amategeko ya Repubulika ya demukarasi ya Congo barasaba Leta gukurikirana abasirikare baherutse kwirara mu baturage batuye muri teritwari ya Aru, bakica bamwe muri bo.

Aba badepite kuri uyu wa 24 Mata 2023 batangaje ko ubu bwicanyi bwakozwe ku wa Kane, ku wa Gatanu, ku wa Gatandatu, ku Cyumweru mu cyumweru gishize, no kuri uyu wa Mbere.

Umwe muri aba badepite, Jean Claude Draza yasobanuye ko byatangiye tariki ya 21 Mata ubwo umugenzuzi w’igisirikare muri Aru yoherezaga aba basirikare mu rukerera ngo bajye guta muri yombi abaturage bafitanye na Leta ikibazo cy’ubutaka.

Depite Draza yagize ati: “Turi muri Ituri, gurupoma Obianzi, sheferi ya Lu, abantu batatu bataramenyekana ariko bari bambaye impuzankano ya FARDC bishe abantu 7, bakomeretsa benshi. Mbere yo gukora ayo marorerwa, ku wa 21 Mata saa munani z’urukerera, Umugenzuzi w’igisirikare muri Aru yohereje abasirikare batatu kugira ngo bafunge abantu mu giturage.”

Depite Patrice Autsai aramagana kuba aba basirikare baroherejwe mu ijoro kubera ikibazo cya gisivili. Ati: “Ikibazo cy’ubutaka ni icya gisivili. Mu mahame, ntibikwiye kohereza abasirikare ngo bate muri yombi abantu mu ijoro.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa