RDC: Abadepite basabye ko état de siège ivaho Abaturage bagasubizwa ubutegetsi
Yanditswe: Thursday 17, Aug 2023
Benshi mu bitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku butegetsi bwa gisirikare mu ntara za Kivu ya Ruguru na Ituri zo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo basabye ko bukurwaho hagasubiraho ubwa gisivile.
État de siège, nkuko buzwi, ni ibihe by’ubutegetsi bwa gisirikare byashyizweho muri izi ntara mu myaka irenga ibiri ishize na Perezida Félix Tshisekedi hagamijwe kurandura imitwe yitwaje intwaro.
Iyo nama y’iminsi itatu yarangiye ku wa gatatu, yasuzumaga niba ubwo butegetsi bukwiye kugumaho, kuvanwaho cyangwa kuvugururwa.
Depite Nyiramugeyo Musabimana Béatrice, wo mu ntara ya Kivu ya Ruguru, watorewe muri teritwari ya Masisi, yabwiye itangazamakuru ati: "Ndumva nasubijwe".
Yavuze ko niba Perezida Tshisekedi ashyigikiye ko umutekano n’uburenganzira bw’abaturage bo mu burasirazuba byubahirizwa, "ni uko yasubiza bitewe n’uko abaturage bamusabye".
Abadepite – bo mu ntara no ku rwego rw’igihugu – na ba guverineri ba gisirikare b’izo ntara ebyiri, ni bamwe mu bategetsi bari bitabiriye iyo nama yabereye i Kinshasa mu nteko ishingamategeko ya DR Congo.
Fabrice Adenonga, Depite mu nteko ishingamategeko yo ku rwego rw’igihugu, watorewe muri teritwari ya Djugu muri Ituri, ni we wari ukuriye akanama k’abashaka ko ubwo butegetsi bukurwaho.
Kuva ku itariki ya 6 Gicurasi (5) mu 2021, Perezida Tshisekedi yakuyeho ubutegetsi bwa gisivile mu ntara za Kivu ya Ruguru na Ituri, abusimbuza ubwa gisirikare.
Hari nyuma y’ibihe bidasanzwe by’ibikorwa bya gisirikare byari byatangajwe na leta muri izo ntara muri Mata (4) uwo mwaka.
Mu 2019 Tshisekedi yavuze ko hatangiye "ibitero bigari" bya gisirikare bigamije kurandura imitwe y’inyeshyamba mu burasirazuba bw’igihugu.
Raporo nshya ya ONU yatangajwe mu mpera y’icyumweru gishize, ivuga ko umutekano mu burasirazuba bwa DR Congo wongeye kuzamba muri aya mezi, cyane mu ntara za Ituri na Kivu ya Ruguru kubera imitwe yitwaje intwaro.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *