RDC: Abantu 24 bamaze gutanga kandidatire ku mwanya wa Perezida
Yanditswe: Friday 20, Oct 2023
Komisiyo ishinzwe amatora muri RDC,CENI,yatangaje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Ukwakira ko abakandida 24 aribo bamaze gutanga kandidatire zabo ku mwanya wo kuyobora iki gihugu,mu matora azaba kuwa 20 Ukuboza 2023.
Aba bakandida bazakenera kwemezwa n’Urukiko rushinzwe kurengera itegekonshinga aho urutonde rwa nyuma rugomba gutangazwa ku ya 18 Ugushyingo.
Perezida Felix Tshisekedi nawe ari muri abo bakandida aho ashaka kongera kuyobora igihugu cya RDC nyuma yo gutsindira manda ya mbere muri 2018.
Umuhanga muri Politiki ya RDC,Christian Moleka yavuze ko Bwana Tshisekedi w’imyaka 60 afite amahirwe yo kongera gutsinda amatora.
Moleka yavuze ko abatavuga rumwe na Tshisekedi bakwiye guhuza imbaraga kugira ngo bamutsinde.
Abazabiza icyuya Tshisekedi cyane barimo Bwana Dennis Mukwege,inzobere muri politiki yatsindiye igihembo cya Nobel,Uwahoze ari Guverineri wa Katanga,Moise Katumbi na Martin Fayulu bivugwa ko ariwe watsinze amatora ya 2018 akibwa na CENI.
Muri aba bakandida 24 harimo umugore umwe witwa Marie Jose Ifoku Mputa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *