skol

RDC: Abasirikare bashinjwa Kwica Abashinwa 2 Basabiwe Urwo Gupfa

Yanditswe: Tuesday 27, Sep 2022

featured-image

Umucamanza mu rukiko rwa gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Kongo, yasabiye igihano cyo gupfa abantu 11 bashinjwa kwica Abashinwa babiri bakoraga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Umucamanza mu rukiko rwa gisirikare mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Kongo, yasabiye igihano cyo gupfa abantu 11 bashinjwa kwica Abashinwa babiri bakoraga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Byabaye kuri uyu wa mbere, ubwo aba basirikare bagezwaga imbere y’ubutabera bashinjwa kugira uruhare rusesuye mu iyicwa ry’abo banyamahanga baturuka mu gihugu cy’ubushinwa.

Ku itariki ya 17 y’ukwezi kwa karindwi, imodokari zarimo Abashinwa bari batashye bavuye ku ahabikwa amabuye y’agaciro ya zahabu, baguye mu gitero mu mihana y’i Nderemi mu ntara ya Ituri.

Abakozi babiri b’Abashinwa barishwe icyo gihe.

Urukiko rwa gisirikare rwahise rutangira kuburanisha abantu 12 barimo abasirikare 11 mu kwezi kwa karindwi, rubashinja ibyaha by’ubwicanyi.

Abakurikiy uru rubanza babwiye VOA ko abasirikare babiri muri 11 bashinjwa,aribo basabiwe urwo gupfa nyuma yo kugragara ko aribo ba nyirabayazana mu rupfu rw’abo bashinwa bishwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa