skol

RDC:Hortense Kavuo umugore wambere wiyemeje guhangana na Tshisekedi

Yanditswe: Wednesday 14, Jun 2023

Hortense Kavuo Maliro, mu mpera z’icyumweru gishize yabaye umugore wa mbere kandi ubana n’ubumuga watangaje ko azahatanira kuba perezida wa DR Congo mu matora y’umukuru w’Igihugu.

Hortense uvuka i Beni muri Kivu ya ruguru, kandi yatangaje ko nta bwoba afite bwo kuba ashobora kuzahangana n’abakomeye muri politike nka Perezida Felix Tshisekedi, n’abandi nka Moïse Katumbi, Martin Fayulu cyangwa Matata Ponyo bafite imigambi yo kwiyamamaza.

Amatora y’umukuru w’igihugu muri RDC ateganijwe mu mpera z’uyu mwaka turimo wa 2023. Ubu hamaze gukorwa list y’abazayitabira, icyakora yaherekejwe n’amahane y’abavuga ko itakozwe mu mucyo.

Hagati aho Tshisekedi akomeje gusa n’uwikiza abo akeko ko bazahanga nawe mu matora y’umukuru w’igihugu.

Mu minsi ishize inzego z’ubutazi za Congo zagiye gusaka munzu ya Joseph Kabira wahoze ari president wa RDC , bifatwa nko kumushakira impamvu zimwegeza hirya ya politiki y’igihugu.

Abandi bugarijwe ni abakandida batavuga rumwe na leta bamaze gutangaza ko baziyamamariza uyu mwanya wo kuyobora RDC muri manda itaha barimo Moïse Katumbi, Martin Fayulu na Matata Ponyo ubu ufunze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa