RDC: Kabila yibukije Museveni ko ariwe wakuruye ibibazo ibihugu byombi bifite
Yanditswe: Tuesday 18, Jul 2023
Joseph Kabila wayoboye Repubulika ya demukarasi ya Congo kuva mu mwaka w’2001 kugeza mu 2019 yasubije Perezida Yoweri Museveni wa Uganda ko ari we wateje akarere ibihugu byombi biherereyemo ibibazo.
Kabila yabitangarije Reuters asubiza Museveni uherutse gutangaza ko ubutegetsi bwe ari bwo bwatumye umutwe wa ADF wongera kwisuganya kandi wari warashegeshwe n’ingabo za Uganda mu mwaka w’2007.
Museveni tariki ya 13 Nyakanga 2023 yagize ati: “Ubutegetsi bwa Nyakubahwa Kabila, bubifashijwemo n’abo mu karere n’abandi banyamahanga, bwabahaye ikibanza muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri.”
Uyu muyobozi yakomeje avuga ko abarwanyi ba ADF, “Bacukuye zahabu, bagurisha Timber, basarura Cocoa y’abaturage, bakusanya imisoro, bambura abaturage amafaranga. Bateraga imbere n’ayo mafaranga. Banazamuye imikoranire n’ibindi byihebe nka Al Qaeda.”
Umunyamabanga Uhoraho w’ishyaka PPRD rya Kabila, Ferdinand Kambere, aherutse kwamagana amagambo ya Museveni, asobanura ubutumwa bw’uyu muyobozi wa Uganda burimo isebanya, kandi ko bugaragaza ko atewe ubwoba n’iherezo ry’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.
Yagize ati: “Ni ubutumwa bugomba kumvikanamo kwerekana ubwoba. Bafite ubwoba bw’iherezo ry’ubutegetsi bwa Tshisekedi bwabahaye amahirwe yose yo kwigarurira uburasirazuba bwa DRC.”
Kabila kuri uyu wa 18 Nyakanga 2023 yatangaje ko Museveni umushinja gufasha ADF ari we wateje umutekano muke mu karere. Ati: “Ibirego by’ibinyoma bya Perezida Museveni, uri mu b’ingenzi bateje umutekano muke mu karere biteye isoni kandi bigamije kurangaza Abanyekongo no kubacamo ibice.”
ADF yashinzwe mu 1996, irwanya ubutegetsi bwa Museveni. Yirukanwe muri Uganda mu 2007, ishinga ibirindiro mu burasirazuba bwa RDC. Kuri ubu, iri ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba kubera ibikorwa byayo bihungabanya umutekano w’abasivili.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *