skol

RDC: Matata Pomyo yikuye mu matora ya Perezida ahishura uwo abatavuga rumwe na Tshisekedi bazashyigikira

Yanditswe: Monday 20, Nov 2023

featured-image

Uwari umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu muri RDC,Matata Ponyo yatangarije ku rubuga rwa X kuri iki cyumweru,tariki 19 Ugushyingo ko yikuye mu matora kugira ngo ashyigikire mugenzi we Moïse Katumbi Chapwe.

Yagize ati "Ku bijyanye n’imyanzuro y’inama yabereye i Pretoria, ishyaka ryanjye LGD ryitabiriye, ndatangaza ko nshyigikiye Moïse Katumbi Chapwe, uzafata itike y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu matora ya perezida yo ku ya 20 Ukuboza 2023.”

Nyuma y’inama y’intumwa z’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, yabaye vuba aha muri Afurika yepfo, Matata Ponyo yakomeje agira ati: "Moise Katumbi Chapwe agaragara nk’umukandida ushobora guhagararira abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bahagarariwe n’amashyaka ane akomeye n’amatsinda yitabiriye izo nama.

Mu guhangana n’uburiganya bukabije buteganijwe ndetse n’isi itureba, inzira yo gukora urukuta ruhamye kandi rwunze ubumwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ni yo ngamba yonyine dufite kugira ngo duhe ibisobanuro intambara yacu ya politiki no kugarura ibyiringiro ku baturage ba Kongo.”

Binyuze kuri videwo yakwirakwiriye kuri urwo rubuga, uyu wahoze ari Minisitiri w’intebe avuga ko ari ngombwa ko gushyira hamwe amajwi kugira ngo kandidatire idasanzwe y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi igire imbaraga.

Abahagarariye abakandida batavuga rumwe n’ubutegetsi mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2023, Denis Mukwege, Delly Sesanga, Moïse Katumbi na Matata Ponyo, bahuriye i Pretoria, muri Afurika y’epfo,biyemeza gushinga ihuriro rishya rya politiki ryiswe “Congo ya Makasi”.

Iri huriro rigamije gutora umukandida uhuriweho n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri aya matora.

Uyu mugabo atangaje iby’iki cyemezo mu gihe biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere aribwo abakandida ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu batangira ibikorwa byo kwiyamamaza.

Ponyo nyuma yo gutangaza iki cyemezo yavuze ko yizeye ko hari abandi benshi bari butere ikirenge mu cye, bagashyigikira Moïse Katumbi.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azaba ku wa 20 Ukuboza mu 2023.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa