skol

RDC:Perezida yiyemeje Gukomeza gukorana byeruye n’Ubushinwa

Yanditswe: Saturday 27, May 2023

featured-image

Ejo kuwa gatanu, Perezida wa Kongo Felix Tshisekedi yakoreye urugendo rw’akazi mu Bushinwa. Tshisekedi yabonanye na mugenzi we Xi Jinping bashimangira ubufatanye bw’ibihugu byombi.

Aba bategetsi bombi bahuriye i Beijing. Ni rwo rugendo rwa mbere perezida wa Kongo agiriye mu Bushinwa. Itangazo ryasohowe na ministeri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa, ryavugaga ko uguhura kwa Tshisekedi na Jinping kugamije gushimangira ubufatanye. Biteganijwe kandi ko habaho ivugurura ry’amasezerano yakozwe ajyanye n’icukurwa ry’amabuye y’agaciro.

Ubushinwa ni cyo gihugu cya mbere gishora imari nyinshi muri Kongo, aho bwungukira cyane mu icukurwa ry’amabuye y’agaciro. Muri aya masezerano aza kuganirwaho, biteganijwe ko Tshisekedi aza kugaruka ku masezerano yo ku gihe cya Perezida Joseph Kabila wamubanjirije.

Ministiri w’intebe w’Ubushinwa nawe wahuye na Tshisekedi yamwijeje ko ubufatanye bw’ibihugu byabo byombi uzagera ku iterambere rirambye kandi abaturage nabo bakabyungukiramo. Kongo ni cyo gihugu gikungahaye ku mabuye ya Kopa, Uraniyumu na Kobaliti yoherezwa hanze gukorwamo za bateri, ariko ni nacyo gihugu kiguma kuba mu bihugu biri mu bikennye ku isi.

Perezida Tshisekedi ni we mu perezida wo muri Afurika ukoreye urugendo mu Bushinwa muri ibi byumweru bike bishize nyuma y’abandi bategetsi bo ku mugabane w’Afurika barimo abo muri Siyera Lewone, Eritereya, Etiyopiya na Gabo.
AFP

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa