skol

Reba ibihugu bya Afurika biyoboye ibindi mu kubamo "kudeta" nyinshi

Yanditswe: Wednesday 05, Oct 2022

featured-image

Ihirikwa ry’ubutegetsi bikozwe n’igisirikare ryakunze kugaragara muri Afurika mu myaka mirongo nyuma y’ubwigenge kandi hari impungenge ko zitangiye kuba nyinshi.
Uyu mwaka hagaragaye guhirika ubutegetsi inshuro 2 muri Burkina Faso kimwe no muri Gineya Bissau habayemo kubigerageza.
Umwaka wa 2021, Afurika yabayemo umubare munini w’ihirikwa ry’ubutegetsi ugereranyije n’imyaka yashize.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi babiri bo muri Amerika, Jonathan Powell na Clayton Thyne, (…)

Ihirikwa ry’ubutegetsi bikozwe n’igisirikare ryakunze kugaragara muri Afurika mu myaka mirongo nyuma y’ubwigenge kandi hari impungenge ko zitangiye kuba nyinshi.

Uyu mwaka hagaragaye guhirika ubutegetsi inshuro 2 muri Burkina Faso kimwe no muri Gineya Bissau habayemo kubigerageza.

Umwaka wa 2021, Afurika yabayemo umubare munini w’ihirikwa ry’ubutegetsi ugereranyije n’imyaka yashize.

Ubushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi babiri bo muri Amerika, Jonathan Powell na Clayton Thyne, bwagaragaje ko muri Afurika hamaze kuberamo kugerageza guhirika ubutegetsi inshuro 200 kuva mu myaka ya za 1950.

Hafi kimwe cya kabiri cy’uku guhirika ubutegetsi kwagenze neza.

Burkina Faso yo muri Afurika y’Iburengerazuba, niyo iyoboye mu byerekeye guhirika ubutegetsi [coup d’Etat] bigakunda,kuko byakunze inshuro icyenda hanyuma inshuro imwe gusa guhirika ubutegetsi birapfuba.

Rimwe na rimwe,hari abahirika abaperezida ku butegetsi barangiza bakabihakana.

Muri 2017 muri Zimbabwe,igisirikare cyahiritse Robert Mugabe ku butegetsi yari amazeho imyaka 37 ariko umwe mu bayobozi, Maj Gen Sibusiso Moyo, yagaragaye kuri televiziyo icyo gihe, ahakana yivuye inyuma ko igisirikare kitahiritse ubutegetsi.

Ikigereranyo rusange cy’abagerageje guhirika ubutegetsi muri Afurika cyakomeje kudahinduka kuko nibura inshuro enye mu mwaka zarakozwe mu myaka mirongo ine hagati ya 1960 na 2000.Icyakora mu myaka 10 ishize byaragabanutse bigera kuri 2 mu mwaka.

Ihirikwa ry’ubutegetsi rimwe gusa (muri Mali),niryo ryabaye mu mwaka wa 2020 ariko mu wakurikiyeho wa 2021 habaye guhirika ubutegetsi no kubigerageza
inshuro 6 zitandukanye.

Muri uwo mwaka habaye ihirikwa ry’ubutegetsi ryagezweho muri Tchad, Mali, Gineya na Sudani gusa binanirana ko igisirikare gifata ubutegetsi muri Niger na Sudani muri uwo mwaka.

Nibihe bihugu byabayemo guhirika ubutegetsi [coup d’Etat] kenshi?

Sudani niyo ifite agahigo ko kubamo guhirika ubutegetsi cyane kurusha ibindi bihugu kuko bimaze gukorwa no kugeragezwa inshuro 17.Inshuro 6 muri 17 byagergejwe ubutegetsi bwarahiritswe birakunda.

Muri 2019,Perezida wari umaze igihe kinini ku butegetsi,Omar al-Bashir yarahiritswe nyuma y’amezi menshi y’imyigaragambyo. Bashir yageze ku butegetsi ahiritse uwari ubufite mu 1989.

Amateka y’Uburundi yaranzwe no guhirika ubutegetsi cyane kuko byakozwe inshuro11.Ahanini biterwa n’ubushyamirane hagati y’Abahutu n’Abatutsi.

Siera Leone yabayemo guhirika ubutegetsi gatatu hagati ya 1967 na 1968, n’indi mu 1971. Hagati ya 1992 na 1997, hageragejwe guhirika ubutegetsi izindi ncuro eshanu.

Ghana nayo yabayemo guhirika ubutegetsi cyane bikozwe n’igisirikare, harimo inshuro umunani mu myaka 20. Iya mbere yakozwe mu 1966, igihe Kwame Nkrumah yavanwaga ku butegetsi,hanyuma mu mwaka wakurikiyeho abasirikare bato baragerageje baratsindwa.

Muri rusange, Afurika yabayemo guhirika ubutegetsi kurusha iyindi migabane. Muri coup d’Etat 14 zakozwe ku isi kuva mu 2017, zose uretse imwe uretse iyo muri Myanmar yo mu 2021,izindi zabereye muri Afurika.

Ibihugu by’Afurika byabayemo kugerageza no guhirika ubutegetsi kenshi kuva muri 1952:

Sudan -17
Burundi-11
Sierra Leone,Ghana na Burkina Fasso-10
Comoros,Guinea Bissau-9
Mali,Benin na Nigeria-8
Niger,Chad,Sudan-7

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa