Senegal:Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi yageretsweho ibindi byaha
Yanditswe: Monday 31, Jul 2023
SUmukuru w’abatavugarumwe n’ubutegetsi muri Sinegal, Ousmane Sonko aragezwa imbere y’ubutabera ku bindi byaha bishya akurikiranyweho. Ni nyuama y’uko atawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize kuwa 28 Nyakanga 2023.
Akimara gutabwa muri yombi, Sonko yahise yandika ku mbuga nkoranyambaga ko agiye kwiyicisha inzara, asaba abanyapolitiki bagenzibe ku mwiyungaho ngo bamagane ubutegetsi batavuga rumwe.
Ku mbuga nkoranyambaga , Sonko yavuze ko nyuma yo guhura n’urwango rukabije, kubeshyerwa no gutotezwa yiyemeje gukomeza guhangana na leta yise iyibinyoma.
Sonko akurikiranyweho ibyaha byinshi bya politiki birimo no gushing umutwe witwaje intwaro urwanya Leta.
Umunyamategeko we yavuze ko abayobozi batubahirije uburenganzira bw’umukiriya we, kandi ko ibyaha yageretsweho mu cyumweru gishize bihanagura ibyo yabunyeho mu rubanza rwabanje mu kwezi gushize.
Ni ibyaha byari bishingiye ku mvururu zadutse mu gihugu nyuma y’amatora zanateje imfu z’abaturage mu buryo bw’amaherere muri Senegal.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *