Tanzania: Polisi yafunze abayobozi b’ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe na leta
Yanditswe: Monday 23, Sep 2024
Umuyobozi wa Polisi mu Mumujyi wa Dar es Salaam Jumanne Muliro, yavuze ko Igipolisi ayoboye cyataye muriyombi abantu 14 bo mu ishyaka rya CHADEMA barimo Umuyobozi waryo Freeman Mbowe hamwe n’Umunyamabanga mukuru waryo Tundu Lisu.
Ubuyobozi bwa Polisi y’Igihugu bwatangaje ko abo bantu 14 barimo nabo bayobozi bakuru b’ishyaka bafatiwe mu gace ka Magomeni kari mu mujyi wa Dar es Salaam mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Nzeri 2024, ubwo bashakaga kwitabira imyigaragambyo inyuranije n’amategeko.
Abayobozi b’ishyaka CHADEMA ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya baherutse gukangurira abaturage kwitabira imyigaragambyo basobanuye ko igamije kwamagana ishimutwa ry’abanyapolitiki rikomeje kugaragara muri iki gihugu.
N’impuruza abo batanze nyuma y’urupfu rw’umunya Politiki Ali Kibao wahoze ari umunyamabanga muri Chadema wasanzwe yapfuye nyamara abamwishe ntibamenyekane.
Urupfu rw’uyu munyapolitiki rwavugishije benshi barimo n’imiryango mpuzamahanga bageretse urupfu rwe ku butegetsi bwa Mama Suluhu Hasan ,watangaje ko yiyamye ibihugu nk’Amerika yivanga mu mitegekere y’ibindi bihugu.
Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu hamwe na guverinoma z’iburengerazuba, harimo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bagaragaje impungenge zo kutorohera abatavuga rumwe n’ubutegetsi mbere y’amatora y’inzego z’ibanze mu Gushyingo n’amatora rusange mu mpera za 2025.
Lissu, umunyamurwango utavuga rumwe n’ubutegetsi, yatawe muri yombi inshuro zitabarika kandi yakomerekejwe n’amasasu menshi mu gushaka kumwica mu 2017.
Mu bamaze gutabwa muri yombi, Polisi ya tanzaniya yatangaje ko bakiri mu maboko yayo uko ari 14 kugirango babanze bagire ibyo babazwa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *