skol
fortebet

U Burundi bwihakanye ibyo kugirana ibiganiro n’u Rwanda

Yanditswe: Friday 29, Mar 2024

featured-image

Sponsored Ad

Umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi yatangaje ko nta biganiro igihugu cyabo kiri kugirana n’u Rwanda, ahubwo ngo ikiri kuba ni uko ubuyobozi bwa EAC bwaganirije buri ruhande kugira ngo bufashe ibi bihugu kongera kubana neza.

Sponsored Ad

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi, Niyonzima Jérôme, mu kiganiro abavugizi b’inzego za Leta bagiranye n’abanyamakuru n’abaturage kuri uyu wa 29 Werurwe 2024.

Yagize ati “Oya. Nta biganiro ariko nk’uko mubizi, uyoboye EAC mu byo ashinzwe harimo kuganira, gutega amatwi abayoboye ibihugu biri muri uyu muryango. Icyo rero iyo kibaye, si ukuvuga ngo haba habaye ibiganiro hagati y’u Burundi n’u Rwanda ariko habaho guhanahana ibyiyumviro kuko uyu mukuru w’umuryango mu byo ashinzwe harimo ko akarere gatekana kandi umubano ukaba mwiza hagati y’ibihugu.”

Niyonzima yavuze ko Umuyobozi wa EAC, Salva Kiir, nabaza u Burundi impamvu bwafunze iyi mipaka, buzamusubiriramo ko bwabitewe n’impungenge ku mutekano wabwo, kandi ko umubano w’ibihugu byombi uzongera kuba mwiza mu gihe u Rwanda rwakohereza abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Pierre Nkurunziza mu 2015 kugira ngo bacirwe urubanza.

Mu Ukuboza 2023 ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yashinjaga u Rwanda gufasha RED Tabara, guverinoma y’u Rwanda yamaganye iki kirego, isobanura ko nta ruhande na rumwe rurwanya ubutegetsi bw’iki gihugu cy’abaturanyi rukorana na rwo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa