skol
fortebet

Ubufaransa:Umushinga wo kweguza Perezida Macron wateshejwe agaciro

Yanditswe: Wednesday 02, Oct 2024

featured-image

Sponsored Ad

Komisiyo ishinzwe amategeko mu nteko ishinga amategeko y’u Bufaransa, yateye utwatsi umushinga wo kweguza Perezida Emmanuel Macron w’iki gihugu.

Sponsored Ad

Igitekerezo cyo kweguza Perezida Macron mu mpera za Kanama uyu mwaka cyari cyatanzwe n’ishyaka La France Insoumise (LFI), nyuma y’igihe gito ryegukanye imyanya myinshi mu nteko ishinga amategeko y’iki gihugu.

Iri shyaka ryashatse kweguza Macron, rimuhora kwanga gushyiraho Lucie Caskets nka Minisitiri w’Intebe mushya wari watanzwe n’ihuriro Nouveau Front Populaire ribarizwamo amashyaka arimo LFI.

Komisiyo y’amategeko mu nteko y’u Bufaransa mu matora yakoze kuri uyu wa Gatatu, yateye utwatsi buriya busabe.

Abadepite 54 ni bo batoye umwanzuro w’uko Macron ateguzwa, mu gihe 14 bonyine ari bo bagaragaje ko bifuza ko Perezida w’u Bufaransa yeguzwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa