Ubushakashatsi bwa IP – Umuja bwagaragaje Katumbi nk’uzatsinda Tshisekedi mu matora ya RDC
Yanditswe: Monday 18, Dec 2023
Ikigo PAN- African, Umuja Insitute (IP – Umuja) giheruka gukora ubushakashatsi ku mukandika ufite amahirwe yo gutorerwa kuyobora igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bwahaye Moise Katumbi amahirwe menshi yo gutsinda.
Ni ubushakashatsi bwashyizwe hanze kuri uyu wa Gatandatu, tariki 16 Ukuboza 2023, aho Kiriya kigo cyahise gitangaza ko umukandida Moïse Katumbi nk’uzegukana intsinzi muri ariya Matora asigaranye iminsi ibiri ngo abe.
Uyu ngo afite amahirwe yo kubona amajwi 69.2%, mu gihe Perezida Félix Tshisekedi bahanganye, we cyamuhaye amajwi angana na 18.3%, aho yaje akurikira Moïse Katumbi.
Martin Fayulu, waje ku mwanya wa Gatatu, yahawe amajwi 10.4% , naho Dr Denis Mukwege we ahabwa zero n’ibice birindwi(0.7%. Abandi bose bagiye munsi ya zero.
Iki kigo cyakoze ubu bushashashatsi gishingiye ahanini ku bwitabire bw’abantu uko bagiye bitabira bariya bakandida mu gihe biyamamazaga.
Moïse Katumbi, yagiye agaragaza ko ariwe witabiriwe n’abantu benshi mu Ntara zose, bigeze mu cyahoze ari Katanga ho birenza urugero, mu gihe Tshisekedi we abamwitabiriye bose bazaga ku gitutu cya bashinzwe umutekano.
Tubibutse ko Moïse Katumbi yabaye Guverineri w’Intara w’icyahoze cyitwa Katanga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *