Ubushinwa buri kugerageza gahunda yo gukingurira abanyamahanga bukuraho Visa
Yanditswe: Friday 24, Nov 2023
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa yavuze ko burimo kugerageza gahunda y’ingendo nta viza (visa) ku baturage b’Ubufaransa, Ubudage, Ubutaliyani, Ubuholandi, Espanye na Malaysia mu gihe cy’umwaka umwe.
Kuva mu Kuboza (12) uyu mwaka kugeza ku itariki ya 30 Ugushyingo (11) mu 2024, abaturage bo muri ibyo bihugu bafite inzandiko z’inzira (pasiporo) zisanzwe bashobora gukorera ubucuruzi mu Bushinwa cyangwa kuhatemberera nta viza mu gihe kigera ku minsi 15.
Kuri uyu wa gatanu, Mao Ning, umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa, yavuze ko ibi ari mu rwego rwo gufasha "kwamamaza iterambere rifite ireme ryo ku rwego rwo hejuru ry’Ubushinwa no gufungura amarembo".
Kuri ubu, benshi mu bagenzi bajya mu Bushinwa bacyenera viza kugira ngo binjire muri icyo gihugu
Ingero zidakunze kubaho z’abasonerwa viza zirimo iz’abaturage ba Singapour na Brunei, binjira mu Bushinwa ku mpamvu z’ubucuruzi, ubukerarugendo, gusura abo mu miryango yabo cyangwa bahahagaze berekeza ahandi (transit), bakamara iminsi itarenze 15.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *