skol

Ubutegetsi bwa Perezida Sassou-Nguesso bwugarijwe n’ Amashyaka batavuga rumwe ashaka kumuhirika

Yanditswe: Friday 14, Apr 2023

featured-image

Amashyaka atatu atavuga rumwe na Leta muri Congo Brazzaville yishyize hamwe ngo akure ku butegetsi Perezida Denis Sassou-Nguesso, mu matora ateganyijwe mu 2026.

Ayo mashyaka yishyize hamwe ni Rassemblement pour la démocratie et le développement (RDD) rya Jacques Joachim Yhomby Opango wahoze ari Perezida, ishyaka Mouvement républicain (MR) ndetse n’ishyaka Parti du people.

Iri huriro ry’aya mashya ryiswe 2AD2026, rikaba rishaka ko habaho ihererekanyabutegetsi rikozwe mu mahoro, nyuma y’imyaka isaga 20 Denis Sassou-Nguesso ayoboye Congo Brazzaville.

Itegeko Nshinga Congo igenderaho ubu ryemerera Denis Sassou-Nguesso kongera kwiyamamariza manda ya gatanu aramutse abishatse.

Ni ibintu bidakozwa abatavuga rumwe na Leta bamushinja gutegekesha igitugu no kuniga demokarasi.

Visi Perezida w’ishyaka RDD, Jean-Jacques Serge Yhomby Opango yavuze ko intego yabo ari ugutsinda amatora ya 2026 ngo kuko babizi ko abaturage babashyigikiye.

Bavuze ko bashaka mbere na mbere kugira uruhare mu itegurwa ry’amatora kugira ngo azagende neza kuko kuri ubu amatora yategurwaga bikozwe n’ishyaka riri ku butegetsi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa