Ubwongereza: Abategetsi bashobora kugira itegeko umushinga wo kohereza abimukira
Yanditswe: Wednesday 19, Jul 2023
Umugambi wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, wakomeje guhura n’inzitizi cyane wo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda, biteganijwe ko ushobora kuba itegeko nyuma y’uko guverinoma iteye utwatsi icyifuzo cy’inteko ishinga amategeko cyo guhindura itegeko rigenga abinjira n’abasohoka .
Umushinga w’itegeko rishinzwe gukumira abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko wari ukomeje kutavugwaho rumwe hagati y’umutwe w’Inteko Ishinga Amategeko ushinzwe gukora amategeko no gukurikirana ibikorwa bya guverinoma (House Of Commons), ndetse n’umutwe wa kabiri w’Inteko ishinga amategeko ushinzwe gusuzuma amategeko, kubaza ibikorwa bya guverinoma no gukora iperereza kuri politiki rusange (House of Lords), ari narwo rwego rwo hejuru rudatorwa rwahinduye inshuro nyinshi itegeko rugerageza kurifungura.
Mu masaha ya mbere yo kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Nyakanga, izanyuma muri izo mpinduka zifuzwaga zatewe utwatsi nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ikomeza ivuga. Ubu rero rishobora kugezwa ibwami aho rizemezwa n’umwami rigahita riba itegeko.
Umugambi wo kwirukana abasaba ubuhungiro mu Bwongereza wanenzwe na bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, abanyamategeko, n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko nta bumuntu burimo, ari ubugome kandi utakemura ikibazo cy’abimukira.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe uburenganzira bwa muntu ry’Umuryango w’Abibumbye, Volker Turk, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko uyu mushinga w’iri tegeko utera "impungenge zikomeye z’amategeko" kandi ko ari "urugero ruteye impungenge rwo gukuraho inshingano zo kwita ku basaba ubuhungiro" kandi ibindi bihugu bishobora gukurikira.
Icyakora, indege ya mbere yazazana abimukira mu Rwanda ntishobora guhaguruka kugeza umwaka utaha hakiri kare kandi bizakomeza gushingira ku cyemezo kizafatwa n’Urukiko rw’Ikirenga ku kuba byubahirije amategeko gitegerejwe mu mpera z’uyu mwaka.
Iri tegeko rishya ni ryo shingiro ry’imihigo ya guverinoma yo guhagarika abasaba ubuhungiro gukora ingendo ziteye akaga ziva mu Bufaransa zerekeza ku nkombe y’amajyepfo y’u Bwongereza mu bwato buto, akenshi buba budakwiye gukoreshwa mu nyanja.
Byitezwe ko itegeko rizarinda abantu benshi gusaba ubuhungiro mu Bwongereza ari uko bamaze kuhagera mu buryo butemewe ku buryo bashobora gusubizwa iwabo cyangwa bakoherezwa mu Rwanda.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *