Uganda: Opondo yagaragaje icya kwemeza ko Museveni atarwanya Dr Besigye batavuga rumwe
Yanditswe: Friday 11, Aug 2023
Umuvugizi wa guverinoma ya Uganda, Ofwono Opondo, yatangaje ko abavuga ko Perezida Yoweri Museveni arwanya umunyapolitiki Dr Kizza Besigye bibeshya, kuko ngo iyo biba ari ko biri, atari gufasha umugore we kubona akazi ku rwego mpuzamahanga.
Umugore wa Besigye, Winnie Byanyima, ni umuyobozi nshingwabikorwa w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA, UNAIDS. Ni inshingano yahawe n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango mu Gushyingo 2019.
Ofwono, mu kiganiro yagiriye kuri NBS TV, yagize ati: “Ni ubwa mbere Besigye afashijwe na Museveni? Iyo Museveni ahaye umugore wawe amahirwe, akajya guhabwa akazi mpuzamahanga. Mwese murabizi, muri iyi Si ntabwo wabona akazi nk’aka guverinoma yanyu itabigizemo uruhare.”
Uyu munyapolitiki yavuze ko abanyamakuru n’abasesenguzi badakwiye guha Besigye umwanya buri gihe ngo ababwire uburyo yatsikamiwe n’ubutegetsi bwa Museveni, kuko ngo ahubwo yitwara nabi kandi ahabwa amahirwe.
Byanyima amaze igihe kirekire akorera imiryango mpuzamahanga. Byatangiye mu 2004 ubwo yagirwaga umuyobozi ushinzwe abagore, uburinganire n’iterambere mu muryango wa Afurika yunze ubumwe, mu 2006 agirwa umuyobozi ushinzwe uburinganira mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere, kuva mu 2013 kugeza mu 2019 yari umuyobozi nshingwabikorwa wa Oxfam.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *