
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yavuze ko bigoye cyane kuba Ukraine yakwigarurira ibice yambuwe n’u Burusiya, ayisaba gucisha make ikemera ibyabaye kugira ngo amahoro aboneke.
Uyu muyobozi ari mu bagize itsinda rya Amerika rigiye kuganira na Ukraine mu biganiro bibera muri Arabia Saoudite, hagamijwe gushaka umuti ku ntambara imaze imyaka itatu ihanganishije Ukraine n’u Burusiya.
Icyakora bisa nk’aho ibyifuzo bya Ukraine byo kwigarurira ubutaka bwose yambuwe n’u Burusiya, bubarirwa muri 20% by’ubuso bwose bwahoze ari ubw’icyo gihugu, bishobora kutagerwaho, hashingiye ku magambo ya Rubio.
Uyu mugabo yagize ati "Mu by’ukuri bizaba bigoye kuba Ukraine yashyiraho igihe cyo kwirukana Abarusiya ku butaka bwayo bigaruriye, ikongera kuba kugira ubuso nk’ubwo yari ifite mu 2014."
Ingingo yo guhara ubutaka ni imwe mu zo Perezida Volodymyr Zelensky adakozwa, icyakora uyu mugabo asa nk’ufite amahitamo make kuko yamaze guhagarikirwa inkunga y’intwaro n’amakuru y’ubutasi yahabwaga na Amerika, ibituma umugambi wo kwigarurira ibice byose Ukraine yambuwe n’u Burusiya, uzamo agatotsi.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *