skol

Umukuru wa UDPS yibasiye abagaragaza ko bakunda Tshisekedi kurusha uwamubyaye

Yanditswe: Wednesday 06, Aug 2025

featured-image

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Augustin Kabuya, yibasiye abagaragaza ko bakunda Perezida Félix Tshisekedi kurusha umubyeyi we.

Mu nama yamuhuje n’abanyamuryango ba UDPS, Kabuya yagaragaje ko abantu bagaragaza ko bakunda Tshisekedi, mbere y’uko ajya ku butegetsi mu 2019 batamukundaga kuko icyo gihe atavugaga rumwe na Joseph Kabila.

Yagize ati “Uyu munsi, abantu bashaka ko twizera ko bakunda Perezida Tshisekdi kurusha nyina Marthe Tshisekedi wamuzanye ku Isi. Ariko ibyo ni agasuzuguro. Ese mu gihe cyashize ubwo tutavugaga rumwe n’ubutegetsi, na bwo wakundaga Perezida Tshisekedi?”

Kabuya yavuze aya magambo mu gihe bikekwa ko hari abantu bashaka kugirira nabi Perezida Tshisekedi, ibyatumye inzego z’ubutasi zihoza ijisho ku bakorana bya hafi n’uyu Mukuru w’Igihugu.

Izi nzego zataye muri yombi abasirikare bakuru nka Gen Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo na Gen Franck Ntumba usanzwe ari umuyobozi w’ibiro bishinzwe igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Gen Tshiwewe yigeze kumvikana avuga ko akunda Imana na Perezida Tshisekedi, bityo ko adashobora kubagambanira. Mu gihe yari Umugaba Mukuru w’ingabo, yihanangirije bikomeye abo yise abagambanyi batuma ihuriro AFC/M23 rikomeza gufata ibice byinshi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka UDPS riri ku butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Augustin Kabuya, yibasiye abagaragaza ko bakunda Perezida Félix Tshisekedi kurusha umubyeyi we.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa