Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, akomeje kwivuriza mu bitaro by’i Dubai, Umurwa mukuru wa Emirate ya Dubai. Yimuriweyo nyuma yo kuva muri bimwe mu bitaro byo mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, Aga Khan Hospital.
Nk’uko amakuru agera kuri SOS Media Burundi avuga, Révérien Ndikuriyo yimuriwe i Dubai amerewe nabi cyane. Umwe mu bamwegereye yagize ati: “Ntabwo yashoboraga kumenya umuntu n’umwe kandi yarimo ahumeka bitewe n’ibikoresho bimuha umwuka.”
Mu mujyi munini wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bivugwa ko Abarundi benshi bashakishaga cyane akazi mu myaka yashize nyuma y’ubushomeri butoroshye mu gihugu, Révérien Ndikuriyo yari aherekejwe n’umugore we. Umuvandimwe w’umugore we, utaba mu gihugu, ngo yabasanzeyo vuba bishoboka.
“Arimo gukira buhoro buhoro. Icyakora, ibihaha bye byagizweho ingaruka zikomeye ”, nk’uko umwe mu bagize umuryango we abihamya.
Kugeza ubu, ntacyo ishyaka CNDD-FDD, riri ku butegetsi mu Burundi, ryari ryavuga kuri ibi bintu. Vuba aha, Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimye yavuze muri make ko ameze neza.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *