Umwami w’Abazulu muri Afrika y’Epfo Misuzulu kaZwelithini ari mu bitaro aho ari kuvurirwa bikekwa ko yaba yarozwe , nk’uko bivugwa n’icyegera cye.
Umutware Mangosuthu Buthelezi yongeyeho ko uyu mwami ashaka ubuvuzi bw’abaganga ba Eswatini kubera ko yumva atishimiye kuvurirwa muri Afrika y’Epfo.
Ibi bije bikurikira urupfu rutunguranye rw’umwe mu bajyanama be bakuru , nawe byakomeje kuvugwa ko yaba yarishwe n’uburozi nk’uko Buthelezi abivuga.
Hagati aho, umuvugizi w’umwami avuga ko ubu “amerewe neza”.
Umwami ntari mu bitaro, kandi ntawe ukwiye kugira budafite aho bushingiye . byatangajwe n’umwiru wa Africa Zulu ubwo yahumurizaga abantu kemera ibyari bimaze gutangazwa na Buthelezi
Umwami Misuzulu yimitswe imbere y’ibihumbi by’abamushyigikiye mu kwa 10 k’umwaka ushize.
Kuva icyo gihe hakunze kuvugwa umwiryane ukomeye hagati y’abarwanira ubutegetsi bushingiye ku iyimikwa ryUmwami w’imyaka 48 mu muryango wabo ufite abakuru .
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *