skol

USA: Abimukira barimo kwinjira muri iki gihugu ku bwinshi, Trump ataragera ku butegetsi

Yanditswe: Saturday 26, Nov 2016

zishinze abinjira n’ abasohoka muri Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko zirimo guhangana n’ ikibazo cy’ abimukira barimo kwinjira iki gihugu ku bwinshi kandi mu buryo bunyuranyije n’ amategeko.
Izi nzego zivuga ko aba bimukira barimo gutanguranwa n’ uko Perezida Donald Trump agera ku butegetsi. Perezida Trump uherutse gutorerwa kuyobora iki gihugu biteganyijwe ko azarahira ku kwezi kwa mbere kwa 2017.
Abo bimukira binjira bava mu bihugu byo muri Amerika yo hagati aribyo El Salvador, (…)

zishinze abinjira n’ abasohoka muri Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko zirimo guhangana n’ ikibazo cy’ abimukira barimo kwinjira iki gihugu ku bwinshi kandi mu buryo bunyuranyije n’ amategeko.

Izi nzego zivuga ko aba bimukira barimo gutanguranwa n’ uko Perezida Donald Trump agera ku butegetsi. Perezida Trump uherutse gutorerwa kuyobora iki gihugu biteganyijwe ko azarahira ku kwezi kwa mbere kwa 2017.

Abo bimukira binjira bava mu bihugu byo muri Amerika yo hagati aribyo El Salvador, Guatemala na Honduras.

Umuyobozi w’ikigo gicumbikira abimukira, Jose Garcia, iburyo, hamwe n’abagabo 2 bava muri Guatemala bajya muri Leta ya Mexico, muri Amerika.

Minisiteri y’ umutekano mu gihugu muri Leta zunze ubumwe z’ Amerika itangaza ko mu mezi atatu hamaze kwinjira abarenga ibihumbi 100. Harimo abarenga ibihumbi 46 binjiye mu kwezi kwa cumi, abarenga ibihumbi 39 mu kwezi kwa cyenda n’abarenga ibihumbi 37 mu kwezi kwa karindwi

Ubwo yiyamamazaga Trump yavuze ko naramuka atorewe kuyobora Leta zunze ubumwe z’ Amerika azirukana abimukira bagera kuri miliyoni 11, avuga ko bari muri iki gihugu badafite ibyangombwa bibemerera kuhaba. Icyo gihe yanavuze ko azubaka urukuta rutandukanya Leta zunze ubumwe z’ Amerika n’ igihugu cya Mexique.

Nubwo ariko yari yatangaje ibi ubwo yiyamamazaga, Trump asa nuwatangiye kugenda yisubiraho kuri bimwe mubyo yavuze yiyamamaza. Birimo kuba nyuma gato yo gutorwa yaravuze ko atazirukana miliyoni 11 nk’ uko yari yabitangaje ahubwo ngo azirukana miliyoni ebyiri. Aba nabo ngo ni abafite ibyaha bakurikiranyweho.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa