skol
fortebet

USA: Umunwa w’imbunda uracyashakisha umutwe wa Trump waburiwe ko Iran ishaka kumwivugana

Yanditswe: Wednesday 25, Sep 2024

featured-image

Sponsored Ad

Donald Trump yaburiwe n’ubutasi bwa Amerika ku bijyanye no kuba Iran igifite umugambi wo kumwivugana, nk’uko ukuriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri 2024.

Sponsored Ad

Umuyobozi w’itumanaho mu bikorwa byo kwamamaza Trump, Steven Cheung, mu itangazo yagize ati: "Umukandida w’Abarepubulikani ku mwanya wa Perezida, uyu munsi kare yamenyeshejwe n’ibiro by’umuyobozi w’urwego rw’igihugu rw’iperereza ibijyanye n’ibikangisho bya Iran byo kumwica mu rwego rwo guhungabanya no guteza ibibazo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika."

Ku bwa Cheung, "abashinzwe iperereza bagaragaje ko ibi bitero bikomeje kandi byiyongereye mu mezi ashize."
Yongeyeho ko abashinzwe kubahiriza amategeko barimo gukora ibishoboka kugira ngo Trump arindwe kandi amatora ya Perezida yo ku itariki ya 5 Ugushyingo azabe nta kuyivangamo bibaye.

Irani yahakanye ibirego bivuga ko yashakaga kwica Trump mu ntangiriro z’impeshyi, nyuma gato y’uko umuntu witwaje imbunda amurasiye mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Pennsylvania, agahitana umuntu umwe akanakomeretsa uyu mukandida.

Amerika kandi yashinje Irani kuba yarinjiriye ibikorwa byo kwiyamamaza bya Trump mu buryo bw’ikoranabuhanga, ivuga ko Tehran igerageza kwivanga mu matora yo mu 2024.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa