Yafunzwe imyaka 8, yiyamamariza kuyobora Kenya ntibyamuhira! Ibyaranze ubuzima bwa Raila Odinga watabarutse
Yanditswe: Wednesday 15, Oct 2025
Umwe mu banyapolitiki bakomeye kandi bubashywe muri Kenya, Raila Amolo Odinga, yitabye Imana afite imyaka 80 y’amavuko. Yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Ukwakira 2025, azize guhagarara k’umutima ubwo yari arimo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bya Ayurvedic biherereye mu mujyi wa Kochi, mu Karere ka Kerala mu Buhinde, aho yari yagiye kwivuriza.
Raila Odinga azwi nk’umunyapolitiki w’inkingi ya mwamba mu mateka ya Kenya, waranzwe no guharanira demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’impinduka mu miyoborere.
Mu myaka irenga mirongo ine yamaze muri politiki, yabaye umuyobozi w’icyubahiro w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Orange Democratic Movement (ODM), agira uruhare rukomeye mu biganiro, impaka n’amavugurura byagize uruhare mu kubaka demokarasi ya Kenya.
Uyu mugabo wabaye intwari mu rugamba rwo kurwanya ubutegetsi bw’igitugu, yabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya hagati ya 2008 na 2013, nyuma y’uko habaye amasezerano y’ubutegetsi bw’inzibacyuho hagati ye na Perezida Mwai Kibaki, mu rwego rwo kurangiza imvururu zari zakurikiye amatora yo mu 2007.
Yabaye kandi Umudepite uhagarariye agace ka Langata kuva mu 1992 kugeza mu 2013, akaba ari umwe mu banyapolitiki bagize uruhare rukomeye mu kuzamura ubuyobozi bushingiye ku bumwe n’ubwiyunge bw’igihugu.
Raila Odinga yiyamamarije kuba Perezida wa Kenya inshuro eshanu zose ariko ntiyabasha gutsinda na rimwe. Inshuro nyinshi yahitaga ahakana ibyavuye mu matora avuga ko yibwe amajwi, ibintu byakunze gutera ubushyamirane n’imyigaragambyo mu gihugu.
Nyuma y’amatora yo mu 2017, Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya rwatesheje agaciro intsinzi ya Uhuru Kenyatta, ruhita rutegeka ko amatora asubirwamo, ari nabwo Odinga yigaragaje nk’umunyapolitiki wubaha amategeko ariko anaharanira uburinganire mu matora. Nyuma yaho, yanze kwitabira ayo matora asubiwemo, asaba ko habanza gukorwa amavugurura mu mikorere y’amatora.
Nubwo yari asanzwe ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi, Odinga yagiye agaragaza ubushobozi bwo kwiyunga no gushyira imbere inyungu z’igihugu.
Nyuma yo gutsindwa mu matora ya 2022, yemeye gukorana na Perezida William Ruto mu buryo bwiswe ’broad-based government’, bwatumye bamwe mu bayoboke be bahabwa imyanya muri guverinoma.
Yavuze ko icyo gikorwa cyari kigamije gukomeza ubumwe bw’igihugu nyuma y’imyigaragambyo yari imaze guhitana abaturage benshi mu gihe polisi yari yagiye ihangana n’abigaragambya.
Mu ntangiriro za 2025, Raila Odinga yongeye gushaka gutanga umusanzu we ku rwego rwa Afurika, yiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika (AU). Nubwo yari afite inkunga ikomeye y’ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba, yatsinzwe na Mahmoud Ali Youssouf wo muri Djibouti.
Raila Odinga azahora yibukwa nk’umunyapolitiki w’intwari warwaniye uburenganzira bw’abaturage n’ubwisanzure bwa rubanda.
Yabaye imfungwa ya politiki igihe kirekire kurusha undi wese muri Kenya, aho yafunzwe inshuro ebyiri kuva mu 1982 kugeza mu 1988, hanyuma yongera gufungwa hagati ya 1989 na 1991 ku ngoma ya Daniel arap Moi, nyuma yo gushinjwa kugira uruhare mu mugambi wo guhirika ubutegetsi mu 1982.
Icyo gihe ni bwo yatangiye kumenyekana ku rwego rw’igihugu, atangira urugendo rwamugize umwe mu banyapolitiki bubashywe muri Afurika.
Raila Amolo Odinga yavukiye i Maseno, mu Ntara y’Uburengerazuba bwa Kenya, mu 1945, avukira mu muryango w’uwahoze ari Visi Perezida wa mbere wa Kenya, Jaramogi Oginga Odinga. Yabaye umwarimu, umucuruzi n’umunyapolitiki w’indashyikirwa, wigaruriye imitima y’abaturage benshi kubera ukuntu yegereye rubanda mu buzima bwe bwose.
Abamukundaga bamuhaye amazina y’urukundo nka “Baba”, bisobanura “Se w’igihugu”, “Agwambo” bisobanura “Igikorwa cy’Imana” ndetse na “Tinga” risobanura “Tracteur”, izina ryaturutse ku ishusho yari ikimenyetso cy’ishyaka rye mu matora yo mu 1997.
Urupfu rwa Raila Odinga rusize icyuho gikomeye mu isura ya politiki ya Kenya, cyane cyane mu ishyaka rya ODM n’abarwanashyaka be bamufataga nk’ikitegererezo n’umurinzi wa demokarasi.
Azahora yibukwa nk’umunyapolitiki w’intwari, wiyemeje guharanira amahoro, uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bwa rubanda, ndetse nk’umuyobozi wagize uruhare rukomeye mu guhindura amateka ya Kenya.
Raila Odinga, “Baba wa Kenya”, yasize umurage ukomeye w’ubumwe, ubutwari n’ishyaka ryo guharanira iterambere ry’igihugu cye. Izina rye rizahora ryanditse mu mateka y’Afurika nk’umunyapolitiki w’intwari washyize imbere inyungu z’abaturage kurusha izindi zose.
Raila Odinga wabaye Minisitiri w’Intebe wa Kenya yitabye Imana ku myaka 80

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *