skol

Agaciro k’ibyibwe mu nzu ndangamurage ya Louvre karenga miliyari 100 Frw

Yanditswe: Wednesday 22, Oct 2025

featured-image

Umushinjacyaha wo mu Bufaransa, Laure Beccuau yatangaje ko ibintu biheruka kwibwa mu Nzu Ndangamurage ya Louvre iherereye i Paris, bifite agaciro k’arenga miliyoni 88 € (hafi miliyari 102 Frw).

Hibwe imitako yambarwaga n’abamikazi bo mu gihe cya ba Napoléon, irimo ikamba rya Zahabu ryambagarwa na Eugénie de Montijo , umugore wa Napoléon III, urunigi rwa diyama n’amabuye y’agaciro Napoléon wa Mbere yageneye umugore we, ndetse n’imitako y’Umwamikazi Marie-Amélie.

Ubu bujura bwabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 19 Ukwakira 2025, mu buryo butangaje kandi bwihuse cyane.

Perezida Emmanuel Macron yamaganye ubu bujura abwita “igitero ku murage w’u Bufaransa.”

Inzego z’umutekano zikeka ko bwakozwe n’itsinda ry’abajura b’inzobere, kuko uburyo bakoresheje bwari buteguye neza kandi bwihuse. Abahanga mu kugarura ibihangano byibwe bavuga ko igihe kirimo kubacika, kuko imitako ishobora kuba yamaze gucibwamo ibice cyangwa kugurishwa hanze y’igihugu ku giciro gito cyane.

Nyuma y’ubujura, raporo yagaragaje ko ibyumba byinshi by’iyi nzu ndangamurage bitagira camera z’umutekano ndetse n’uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gutabaza butigeze bukora.

Umushinjacyaha Beccuau yasabye abajura kutangiza imitako, yibutsa ko ifite agaciro gakomeye ku mateka y’u Bufaransa. Nubwo ingamba z’umutekano zakajijwe mu gihugu hose, abakekwaho ubu bujura baracyashakishwa ariko hashize iminsi irenga ibiri hatarafatwa n’umwe muri bo.

Uyu mutako wambagarwa n’umugore wa Napoléon III uri mu byibwe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa