skol
fortebet

Angola: Miliyari 100 z’amadorari yakuwe mu Gihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Yanditswe: Thursday 28, Apr 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umushinjacyaha mukuru i Luanda yatangaje ko miriyari zisaga 100 z’amadorari yakuwe mu bubiko bw’igihugu cya Angola mu buryo butemewe n’amategeko.

Sponsored Ad

Umushinjacyaha mukuru i Luanda yatangaje ko miriyari zisaga 100 z’amadorari yakuwe mu bubiko bw’igihugu cya Angola mu buryo butemewe n’amategeko.

Muri 2017 ku butegetsi bwa Perezida José Eduardo dos Santos wasozaga manda ye muri Angola nibwo ubu bujura bwakozwe, aho aka kayabo k’amadorari kanyerejwe kakoherezwa mu bihugu by’amahanga.

Icyo gihe , Angola ayari mu nkubiri y’amatora yasize Perezida João Lourenço akuyeho José Eduardo dos Santos wari umaze imyaka 38 ku butegetsi.

Perezida João Lourenço yahise atangiza gahunda yo kurwanya ruswa yasaga niyamaze gushinga imizi ku butegetsi bw’uwo yari asimbuye Eduardo dos Santos.

Uku kurwanya ruswa kwatangijwe na Perezida João Lourenço mu gihugu yatangiye kuyobora 2017 kwatanze umusaru.

Nyuma y’imyaka ine gusa, ni ukuvuga muri 2021Umuryango mpuzamahanga uharanira guca ruswa washyize Angola ku mwanya w’ 136 mu bihugu 180 yakoreyemo ubushakashatsi kuri ruswa, ivuye ku mwanya 167 yariho muri 2017.

Ibitekerezo

  • Leta ntihomba bazashaka andi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa