Banki y’Isi yatabarije Abana miliyoni 16.5 muri West Afurika bugarijwe n’inzara
Yanditswe: Tuesday 09, May 2023
Imibare iragaragaza ko abana basaga miliyoni 16,5 muri Afurika y’Iburengerazuba bugarijwe n’inzara kubera kubura ibiribwa n’ibiciro bikomeje kwiyongera ku masoko.
Raporo ya Banki y’Isi yashyizwe hanze ku wa Mbere yagaragaje ko muri rusange abana miliyoni 29,5 aribo bugarijwe n’inzara ku Isi ariko ko bikabije cyane muri Afurika y’Iburengerazuba.
Inzara n’ingaruka z’imirire mibi zigaragara cyane mu bihugu nka Burkina Faso, Tchad, Mali, Mauritanie na Niger.
Imwe mu mpamvu yatunzwe agatoki harimo imvururu zimaze igihe muri ako gace, imihindagurikire y’ibihe n’izamuka rikabije ry’ibiciro ku masoko, bituma imiryango myinshi itabona ibyo kurya.
Nko ku bijyanye n’ibiciro bihanitse ku masoko, Banki y’Isi yatangaje ko mu myaka itanu ishize biyongereyeho hagati ya 25 % na 40%.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *