Abakoranye na Barack Obama bagiye gukorwaho iperereza ku bugambanyi
Yanditswe: Tuesday 05, Aug 2025
Minisitiri w’Ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pam Bondi, yatangaje ko hagiye gutangira iperereza ryagutse ku bayobozi bakuru bakoranye na Barack Obama, bijyanye n’ubugambanyi no kwiba amajwi mu matora bashinjwa.
Ibi birego byashyizwe hanze n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe ubutasi muri Amerika (DNI), Tulsi Gabbard, bigaragaza ko abari mu buyobozi bwa Obama babeshyeye Trump ko akorana n’u Burusiya bifashishije inyandiko mpimbano z’ubutasi, kugira ngo atsindwe amatora.
Minisiteri y’Ubutabera muri Amerika yatangaje ko mu mpera za Nyakanga yatangiye gukurikirana ibyatangajwe na Gabbard ko ubuyobozi bushinzwe iperereza bwakoresheje ububasha bufite mu bintu bidafitiye rubanda inyungu.
Gusa ibi ntabwo byashimishije Ishyaka ry’Aba-démocrates ribarizwamo Obama aho bagaragaje ko iperereza rigiye gukorwa nta yindi mpamvu ifatika ahubwo ari ukubera impamvu za politiki.
Kugeza ubu Minisiteri y’Ubutabera yategetse ubushinjacyaha gutangiza iperereza kuri iki kibazo.
Muri Nyakanga 2025 nibwo Perezida Donald Trump yashinje Barack Obama icyaha cy’ubugambanyi, avuga ko yagize uruhare mu kwiba amajwi mu matora.
Yavuze ko Barack Obama akwiriye gukurikiranwa na Minisiteri y’Ubutabera, kubera uruhare yagize mu kumwiba amajwi mu 2020.
Amatora Donald Trump avuga ko yibwemo ni ayabaye mu 2020, bikarangira yegukanywe na Joe Biden, ndetse n’ayo mu 2016 Trump yatsinzemo Hillary Clinton. Icyo gihe Trump yashinjwe gukorana n’u Burusiya mu mugambi wo kwivanga mu matora ya Amerika.
Barack Obama ni umwe mu bari bashyigikiye cyane Joe Biden wanamubereye Visi Perezida igihe yari ku buyobozi.
Uretse Barack Obama, mu bandi Trump yatunze agatoki muri iki kibazo harimo Hillary Clinton, Joe Biden, James Comey wayoboye FBI na James Clapper wayoboye DNI.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *