Gen Ntumba ushinzwe ibikorwa by’igisirikare mu biro bya Tshisekedi ari mu mazi abira
Yanditswe: Friday 18, Jul 2025
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’igisirikare mu ngoro ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gen Franck Ntumba Buamunda, akekwaho umugambi wo kugirira nabi Umukuru w’Igihugu.
Gen Ntumba ni umwe mu bamaze imyaka myinshi ari abizerwa ba Perezida Félix Tshisekedi, akaba yaragize uruhare rukomeye mu byemezo Umukuru w’Igihugu afata mu rwego rw’igisirikare.
Uyu musirikare yagize uruhare rukomeye mu igurwa ry’ibikoresho bigezweho bya gisirikare byifashishijwe mu rugamba rwo kurwanya ihuriro AFC/M23 rigenzura ibice byinshi muri Kivu y’Amajyaruguru, nka drones za CH-4 zaguzwe mu Bushinwa.
Ku mugoroba wo ku wa 17 Nyakanga 2025, Gen Ntumba yahaswe ibibazo n’abashinzwe iperereza ku biro by’Inama y’Igihugu y’Umutekano (CNS), ku mugambi wo kugirira nabi Perezida Tshisekedi, ndetse bivugwa ko yanahise atabwa muri yombi.
Kuri ibi biro ni ho na Gen Christian Tshiwewe Songesha wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC n’umujyanama wa Perezida Tshisekedi mu bikorwa bya gisirikare, yahatiwe ibibazo mbere yo gutabwa muri yombi akekwaho gushaka kwica Umukuru w’Igihugu.
Nubwo Gen Ntumba yagumye mu nshingano, abashinzwe iperereza bamukurikiraniraga hafi kuko muri Mutarama 2025, ubwo Tshisekedi yari mu Busuwisi mu nama y’ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu, yamenyeshejwe ko uyu musirikare ari umwe mu bashaka kumukura ku butegetsi.
Tshisekedi yaburiwe n’umushoramari w’Umunyamerika ufite n’ubwenegihugu bwa Israel, Moti Kahana, wari witabiriye inama y’iri huriro. Kahana ari mu bantu batatu Amerika yohereje i Kinshasa muri Werurwe kugira ngo baganire na Leta ya RDC ku ifungurwa ry’Abanyamerika bari bafungiweyo.
Gen Ntumba yabaye umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’igisirikare mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu kuva muri Nyakanga 2020, asimbuye Lt Gen Jean-Claude Yav Kabeya.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *