skol
fortebet

Hafashwe abagabo batatu bakekwaho kwica umuhanzi Liam Payne wahanutse kuri etaje

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Friday 08, Nov 2024

Hafashwe abagabo batatu bakekwaho kwica umuhanzi Liam Payne wahanutse kuri etaje

Sponsored Ad

skol

Abantu batatu bamaze gufatwa bashinjwa uruhare mu rupfu rwa Liam Payne wahoze aririmba mu itsinda rya One Direction.

Payne yitabye Imana i Buenos Aires kuwa 16 Ukwakira. Liam Payne w’imyaka 31 yamanutse ku igorofa ya gatatu muri hotel iri mu mujyi wa Buenos Aires yikubita hasi arapfa, bikekwa ko yari yanyweye ibibobyabwenge birenze urugero.

Inzego z’umutekano zishinja uburangare uwari kumwe na we, umukozi w’iyo hoteli n’undi muntu bivugwa ko aribo bamushyiraga ibiyobyabwenge.

Polisi ivuga ko yasanze mu cyumba cye harimo ibiyobyabwenge n’ibikoresho bimwe na bimwe byangiritse.

Isuzuma ryakozwe ryagaragaje ko mu maraso ye harimo alcohol nyinshi, cocaine kandi yiteye n’imiti igabanya agahinda gakabije.

Ibimenyetso bya muganga byagaragaje ko yazize ibikomere byinshi yagiriye muri iyo mpanuka ariko bikekwa ko kubera ibiyobyabwenge byinshi ashobora kuba yaramanutse atazi ibyo arimo gukora.

Umurambo wa Payne washyikirijwe umuryango we ngo ujyanwe iwabo mu Bwongereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa