skol
fortebet

Koreya y’Epfo: Yoon wahoze ari Perezida arashinjwa kwigomeka

Yanditswe: Monday 27, Jan 2025

featured-image

Sponsored Ad

Yoon Suk-yeol uherutse kweguzwa n’Inteko Ishinga Amategeko ku mwanya wa Perezida wa Koreya y’Epfo, arashinjwa kwigomeka nyuma yo kugerageza gushyiraho ibihe bidasanzwe, bigakekwa ko byari bigamije guha inzego z’umutekano ububasha bwo gufunga abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.

Sponsored Ad

Ku wa 26 Mutarama 2025 nibwo iyi nyandiko y’ibirego ishinja Yoon kwigomeka yatanzwe n’ubushinjacyaha, inakubiyemo ibindi byaha ashinjwa birimo kurwanya inzego no gukoresha ububasha mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni nyuma y’uko ku wa 25 Mutarama 2025 urukiko rwa Seoul rwanze icyifuzo cyo gukomeza gufunga Yoon, aho rwasabye ko abashinjacyaha bagombaga gufata icyemezo cyo kumushinja cyangwa kumurekura bitarenze ku wa 27 Mutarama 2025.

Ubusanzwe muri Koreya y’Epfo, kwigomeka bihanishwa igifungo cya burundu cyangwa urupfu. Icyakora igihano cy’urupfu ntabwo kigikoreshwa cyane dore ko hashize imyaka myinshi kidakoreshwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa