skol
fortebet

Ubufaransa: Umusirikare w’umugore aravuga ko yafatiwe ku ngufu muri Perezidansi

Yanditswe: Saturday 13, Nov 2021

featured-image

Sponsored Ad

Abashinjacyaha mu Bufaransa batangiye iperereza ku bivugwa ko ari ifatwa ku ngufu ryabereye mu nyubako y’ibiro bya perezida mu murwa mukuru Paris.
Ibitangazamakuru byo mu Bufaransa bitangaza ko umusirikare w’umugore yafashwe ku ngufu nyuma y’ibirori byo kwiyakira byarimo no kunywa inzoga byabaye mu kwezi kwa karindwi mu nyubako y’ibiro bya perezida izwi nka Élysée.
Mbere, Perezida Emmanuel Macron yari yitabiriye ibyo birori, byari byakozwe mu rwego rwo gusezera kuri umwe mu bakozi.
Amakuru (...)

Sponsored Ad

Abashinjacyaha mu Bufaransa batangiye iperereza ku bivugwa ko ari ifatwa ku ngufu ryabereye mu nyubako y’ibiro bya perezida mu murwa mukuru Paris.

Ibitangazamakuru byo mu Bufaransa bitangaza ko umusirikare w’umugore yafashwe ku ngufu nyuma y’ibirori byo kwiyakira byarimo no kunywa inzoga byabaye mu kwezi kwa karindwi mu nyubako y’ibiro bya perezida izwi nka Élysée.

Mbere, Perezida Emmanuel Macron yari yitabiriye ibyo birori, byari byakozwe mu rwego rwo gusezera kuri umwe mu bakozi.

Amakuru avuga ko ushinjwa - na we w’umusirikare - yahaswe ibibazo, ariko ko atarashyirirwaho ibirego ku mugaragaro.

Amakuru avuga ko uwo bivugwa ko yafashwe ku ngufu n’uwo bivugwa ko yamufashe ku ngufu, bombi bakoraga mu biro birinzwe cyane by’umukozi wo muri iyo nyubako, ndetse ikinyamakuru Libération gitangaza ko bombi bari baziranye.

Umutegetsi wo mu biro kwa perezida yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko "abategetsi bakimenya ibi bivugwa, ingamba zahise zifatwa ako kanya" mu rwego rwo gufasha uwo bivugwa ko yafashwe ku ngufu.

Uwo mugore n’uwo ushinjwa kumufata ku ngufu bombi bimuriwe mu zindi nshingano, nkuko ibiro bya perezida byabivuze.

Mu myaka ya vuba aha ishize, hagiye habaho amahano yo gufatwa ku ngufu yatumye Ubufaransa bugwa mu kantu.

Bwana Macron yasezeranyije gucyemura ikibazo cy’urugomo rukorerwa abagore, ndetse leta ye yashyizeho itegeko rishya rishyira ku myaka 15 ikigero cyo kwifatira icyemezo ku bijyanye n’imibonano mpuzabitsina, nk’igisubizo ku bibazo byabayeho mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.

Yitezweho kwiyamamariza manda ya kabiri nka Perezida mu matora ateganyijwe mu kwezi kwa kane mu 2022, nubwo ataratangaza kandidatire ye.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa