skol
fortebet

Umugangakazi wo mu Burusiya wanenze intambara yo muri Ukraine yakatiwe imyaka 5 y’igifungo

Yanditswe: Wednesday 13, Nov 2024

featured-image

Sponsored Ad

Dr Nadezhda Buyanova, umugangakazi w’abana wo mu Burusiya, yatawe muri yombi nyuma y’uko nyina w’umwe mu barwayi be afashe amashusho yinubira ko Buyanova yanenze intambara y’u Burusiya muri Ukraine.

Sponsored Ad

Uyu mugangakazi yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu n’igice azira gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma ku gisirikare cy’u Burusiya, nyuma y’uko nyina w’umwe mu barwayi be abimenyesheje abayobozi nk’uko byatangajwe na Deutsche Welle.

Dr Nadezhda Buyanova yatawe muri yombi muri Gashyantare nyuma y’aho Anastasia Akinshina avuze ko yamubwiye we n’umuhungu we ko se, umusirikare w’u Burusiya Akinshina avuga ko yiciwe muri Ukraine, yari igipimo cyemewe ku Ngabo za Ukraine.

Akinshina yavuze kandi ko icyo gihe Buyanova yanashinje Moscou kuba nyirabayazana y’intambara yo muri Ukraine.

Amashusho ya Akinshina yinubira Buyanova yarakwirakwijwe cyane, kandi umuyobozi wa komite ishinzwe iperereza mu Burusiya, Alexander Bastrykin, ku giti cye yasabye ko uyu muganga atangizwaho urubanza rw’inshinjabyaha.

Buyanova yahakanye icyo kirego akomeza avuga ko atigeze avuga ibintu Akinshina amushinja.

Ubwunganizi bwe bwavuze ko nta bimenyetso bihagije byerekana ko ikiganiro cyabaye, kubera ko abashinjacyaha nta majwi yafashwe abivuga bafite. Bavuze ko Akinshina yahimbye iyi nkuru bitewe n’urwango yari afitiye Ukraine, nk’uko raporo z’iburanisha ry’urubanza zasohotse ku rubuga rwa interineti, Mediazona, zivuga.

Mu Burusiya, urubanza rwa Buyanova rwahagurukije igihugu cyose, aho abantu barenga 6.500 bashyize umukono ku cyifuzo cyo kuri interineti basaba ko yarekurwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa