
Umugore wo muri leta ya California wahimbye ko yashimuswe yakatiwe gufungwa amezi 18 muri gereza kubera kubeshya ibiro by’iperereza by’imbere muri Amerika, FBI.
Umugore wo muri leta ya California wahimbye ko yashimuswe yakatiwe gufungwa amezi 18 muri gereza kubera kubeshya ibiro by’iperereza by’imbere muri Amerika, FBI.
Sherri Papini w’imyaka 39, yaburiwe irengero mu Ugushyingo(11) 2016 nyuma y’uko yari yagiye muri siporo yo kwiruka.
Yabonetse nyuma y’ibyumweru bitatu avuga ko abagore babiri bo mu bwoko bw’aba ‘Hispanic’ bari bamushimuse, ibi byatumye hatangizwa kubahiga gukomeye.
FBI nyuma yanzuye ko ahubwo muri icyo gihe uyu mugore yiberaga mu nzu y’uwahoze ari umukunzi we, kandi yikomerekeje muri iyo ‘kinamico’ (uko kubeshya).
Kuwa mbere, mu rukiko rw’i Sacramento Sherri yasabye imbabazi, avuga ko ahamwa no kubeshya, “n’igisebo”.
Asoma inyandiko yari yateguye yagize ati: “Ndisegura ku bantu benshi nababaje – abantu banyitangiye mu busazi nari ndimo, abantu bitanze ngo bamfashe mu gihe nari nkeneye cyane ubufasha.”
Yongeraho ati: “Mpisemo guca bugufi nkemera amakosa yose.”
Muri Werurwe(3) uyu mwaka ni bwo FBI yageze ku mwanzuro ko ibyo byose byari ‘ikinamico’ (ibihimbano).
FBI yavuze ko uyu mugore ahubwo ku bushake bwe yiberaga ku wahoze ari umukunzi we kandi banavuganaga mu ibanga kuri telefone kuva mu 2015.
Umunyamategeko we mbere yari yaravuze ko umukiriya we afite ibibazo byo mu mutwe biva ku mibereho ye mu bwana.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *