Umunyamakuru Huw Edwards wa BBC ari mu bitaro nyuma yo gushinjwa
Yanditswe: Thursday 13, Jul 2023
Huw Edwards ari mu bitaro kubera "ibibazo bikomeye by’ubuzima bwo mu mutwe", nkuko umugore we abivuga, ni nyuma yuko kandi uyu mugore we avuze ko umugabo we ari we munyamakuru wa BBC urimo gushinjwa.
Umugore we Vicky Flind yavuze ko asohoye itangazo mu izina ry’umugabo we nyuma y’iminsi hari uguhwihwisa, avuga ko arisohoye "ahanini kubera impungenge ku buzima bwe bwo mu mutwe no mu rwego rwo kurinda abana bacu".
Ikinyamakuru the Sun cyo mu Bwongereza cyatangaje ko yarishye umuntu w’urubyiruko kugira ngo amuhe amashusho yerekana igitsina.
Polisi y’Ubwongereza ivuga ko Edwards, w’imyaka 61, nta kintu na kimwe azakorwaho na polisi.
Itangazo ry’umuryango we ryavuze ko uwo munyamakuru ashaka gusubiza we ubwe ku byo ashinjwa igihe azaba amaze kumera neza bihagije.
Iryo tangazo rigira riti: "Kubera ibiherutse gutangazwa bijyanye n’’umunyamakuru wa BBC’ ntangaje iri tangazo mu izina ry’umugabo wanjye Huw Edwards, nyuma y’iminsi itanu igoye cyane ku muryango wacu.
"Nkoze ibi ahanini kubera impungenge ku buzima bwe bwo mu mutwe no mu rwego rwo kurinda abana bacu.
"Huw arwaye ibibazo bikomeye by’ubuzima bwo mu mutwe. Nkuko bifitiwe gihamya, mu myaka ya vuba aha ishize yavuwe kugira agahinda gakabije.
"Ibyabaye mu minsi micye ishize byahuhuye ibintu, yongeye kurwara bikomeye ndetse ubu arimo kwitabwaho mu bitaro aho azaguma igihe kirekire".
Muri iryo tangazo ryasohowe rinyujijwe mu biro ntaramakuru PA News byo mu Bwongereza, umugore we yavuze ko yizeye ko uko kwemeza ko ari Edwards bizasoza guhwihwisa (gushyirwa mu majwi) ku banyamakuru ba BBC badafite aho bahuriye n’ibyo ashinjwa.
Yavuze ko umugabo we "yabwiwe bwa mbere ku wa kane w’icyumweru gishize ko hari ibyo ashinjwa".
Iryo tangazo ryasabye abantu kubaha ubuzima bwite bw’umuryango we, ndetse umugore we yavuze ko bifitiwe gihamya muri rubanda ko mbere Edwards yari yararwaye kugira ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *