Equatorial Guinea: Umubare w’abantu bahitanwe no guturika ku intambi wazamutse ugera kuri 98
Yanditswe: Tuesday 09, Mar 2021
Umubare w’abishwe n’ibintu byaturitse muri Guinée équatoriale ku cyumweru wazamutse ugera kuri 98, nk’uko abategetsi babyemeje.
Abandi bantu 615 bakomeretse, 299 baracyari mu bitaro.
Guturika kwavuye mu kigo cya gisirikare kiri mu mujyi munini mu gihugu wa Bata.
Abategetsi bavuga ko intambi zibitse mu kigo zaturutse nyuma yo gutwika imirima iri hafi bikozwe n’abahinzi ari byo byateye uku guturika.
Imibare mishya y’abapfuye yatangajwe nyuma y’uko abakorerabushake bamaze umunsi wo ku wa mbere bashakisha abapfuye mu nzu zangiritse, ikaba ubu ikubye gatatu abari batangajwe mbere.
Hari abana batatu bavanywe munsi y’inzu zaguye bagihumeka bahita bajyanwa mu bitaro.
Televiziyo y’igihugu yerekanye abantu bari gushakisha abarokotse mu nzu zasenyutse.
Mu itangazo, Perezida Teodoro Obiang Nguema yavuze ko ibi byaturitse "byangije inzu hafi ya zose n’inyubako muri Bata", asaba ubufafasha bw’amahanga.
Yongeyeho ko ibi bishobora kuba byatewe no gutwika imirima ikikije ikigo cya gisirikare bikozwe n’abahinzi.
Ibintu bitanu kuri Equatorial Guinea:
Ni cyo gihugu cyonyine cya Africa kivuga Icyespanyole, cyabonye ubwigenge kuri Espagne mu 1968
Kigizwe n’ubutaka buri ku mugabane n’ikirwa ari nacyo kiriho umurwa mukuru, Malabo
Perezida Obiang Nguema, uri ku butegetsi kuva mu 1979, ashinjwa kenshi guhonyora uburenganzira bwa muntu
Imiryango itegamiye kuri leta yagiye ishinja perezida n’umuryango we ruswa ikomeye
Nubwo ari igihugu gikungahaye kuri petrol na gas, 76% by’abaturage bacyo miliyoni 1.5 bari munsi y’umurongo w’ubukene, nk’uko bivugwa na UN na Banki y’isi
Ibitaro bimwe muri uyu mujyi wa Bata byarengewe n’inkomere zahoherejwe, nk’uko bivugwa na TVGE. Yerekanye amashusho y’inkomere zirambaraye mu birongozi by’ibitaro.
Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uku guturika yerekanye abantu bagize ubwoba banyuranamo bahunga aha hantu.
Umwe mu batuye aha yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ati: "Twumvise guturika tubona n’imyotsi, ariko ntituzi ibiri kuba."
Mu butumwa kuri Twitter, ambasaderi Olivier Brochenin w’Ubufaransa yihanganishije ababuze ababo, avuga ko ibyabaye ati "akaga".
Ambasade ya Espagne yasabye abaturage b’icyo gihugu bahari kuguma mu ngo zabo inatanga telephone y’abakeneye ubutabazi.
BBC
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *