Icyorezo cya Ebola cyagaragaye mu Ntara ya Ituri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho ikigo cy’igihugu gishinzwe imibereho myiza y’abaturage (Africa CDC) kivuga ko abantu 246 bakekwaho kwandura iki cyorezo naho 65 bakaba bapfuye, cyane cyane mu turere twa Mongwalu na Rwampara.
Iyi mijyi yombi yishingikirije cyane kuri zahabu nk’inkingi y’ubukungu bwayo.
Ibipimo bya laboratwari i Kinshasa byasanze iyi virusi mu bipimo 13 kuri 20 byakorewe abantu, mu gihe harimo gusuzumwa abandi bantu bakekwaho iyo virusi i Bunia.
Abantu bane bapfuye ni bo bemejwe ko banduye. Africa CDC yatumije inama yihutirwa y’ubufatanye na DR Congo, Uganda, Sudani y’Epfo n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu rwego rwo gushimangira ubugenzuzi bwambukiranya imipaka no kureba uburyo iki cyorezo cyakumirwa.
Iki cyorezo kibaye nyuma y’amezi make cyadutse tariki 16 mu Ntara ya Kasai gitangajwe ko cyarangiye ku wa 1 Ukuboza(12) 2025, nyuma y’abantu 64 banduye naho 45 bagapfa.
Guverinoma ya DR Congo ntiratangaza ku mugaragaro iki cyorezo mu gihe byitezwe ko hazabaho ikiganiro n’abanyamakuru , nk’uko umwe mu bakozi yabibwiye BBC.
Kuva mu 2021, intara ya Ituri yashyizwe mu maboko ya gisirikare, guverinoma ya gisivili isimburwa n’umujenerali kugira ngo ihagarike imitwe myinshi yitwaje intwaro, harimo na Allied Democratic Forced(ADF).
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *