IFOTO Y’UMUNSI: Perezida Ruto na Samia Suluhu muri Bisi rusange bagiye gutabariza umwamikazi
Yanditswe: Monday 19, Sep 2022
Ba perezida William Ruto wa Kenya na Samia Suluhu wa Tanzania bari kumwe muri bisi mu Bwongereza,berekeza mu muhango wo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II.
Nkuko byari byatangajwe mbere,nta modoka z’icyubahiro zigomba guhabwa abakuru b’ibihugu bitabiriye uyu muhango wo gutabariza umwamikazi ariyo mpamvu aba baperezida bagendeye mu modoka rusange.
Icyababaje benshi ariko nuko Perezida wa USA,Joe Biden we yagendeye mu modoka y’icyubahiro aho kugenda na Bisi nk’abandi.
Hari amakuru ko (…)
Ba perezida William Ruto wa Kenya na Samia Suluhu wa Tanzania bari kumwe muri bisi mu Bwongereza,berekeza mu muhango wo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II.
Nkuko byari byatangajwe mbere,nta modoka z’icyubahiro zigomba guhabwa abakuru b’ibihugu bitabiriye uyu muhango wo gutabariza umwamikazi ariyo mpamvu aba baperezida bagendeye mu modoka rusange.
Icyababaje benshi ariko nuko Perezida wa USA,Joe Biden we yagendeye mu modoka y’icyubahiro aho kugenda na Bisi nk’abandi.
Hari amakuru ko nta n’indege zihariye zitwara abakuru b’ibihugu zari zemewe kwerekeza mu Bwongereza bityo nabo batwaye indege zitwara abagenzi.
Umwami Charles III w’Ubwongereza yavuze ko "yakozwe ku mutima cyane" n’ukuntu isi yose yifatanyije nabo mu kuzirikana umubyeyi we.
Akaba yabivuze mu butumwa bwo ku cyumweru, mbere yuko uwari Umwamikazi Elizabeth II atabarizwa (ashyingurwa) kuri uyu wa mbere.
Umwami yavuze ko we n’umugore we Camilla, ubu uzwi nka ’Queen Consort’, bivuze umugore w’umwami, "twakozwe ku mutima birenze urugero" na buri muntu wese wafashe akanya ke akihanganisha uyu murwango w’Ubwami bw’Ubwongereza.
Yagize ati: "Mu gihe twitegura kumusezeraho bwa nyuma, ndashaka gufata aka kanya gusa ngo mvuge ngo murakoze".
Amasengesho yo gutabarizwa ko ku rwego rwa leta kw’uwari Umwamikazi Elizabeth II arabera mu rusengero rwa Westminster Abbey, guhera ku isaha ya saa tanu za mu gitondo zaho (11:00 BST), ni ukuvuga saa sita z’amanywa (12h) ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi.
Abantu bagera ku 2,000 bitezwe kwitabira uyu muhango, barimo abaperezida, ba minisitiri w’intebe, n’abo mu miryango y’ubwami yo mu mahanga, bose hamwe bagera kuri 500.
Aho muri urwo rusengero, Umwami ararangaza imbere igihugu mu gikorwa cyo kwibuka uyu Mwamikazi wamaze igihe cya mbere kirekire cyane ari ku ngoma mu Bwami bw’Ubwongereza.
Mu butumwa bwanditse bwatanzwe n’ingoro y’ubwami bw’Ubwongereza izwi nka Buckingham Palace, Umwami yagize ati:
"Muri iyi minsi 10 ishize, umugore wanjye hamwe nanjye twakozwe ku mutima cyane n’ubutumwa bwinshi bwo kutwihanganisha no kwifatanya natwe twakiriye buvuye muri iki gihugu n’ahandi ku isi.
"I London, Edinburgh, Hillsborough n’i Cardiff twakozwe ku mutima birenze urugero na buri muntu wese wafashe akanya ke akaza kunamira ugukorera rubanda kw’ubuzima bwe bwose kwa mama nkunda, nyakwigendera Umwamikazi.
"Mu gihe twese twitegura kumusezeraho bwa nyuma, ndashaka gufata aka kanya gusa ngo mvuge ngo murakoze ku bantu batabarika bifatanyije bakanahumuriza cyane umuryango wanjye nanjye ubwanjye muri iki gihe cy’agahinda".
Uretse Joe Biden abandi baperezida bagiye muri Bisi ruange bagiye gutabariza umwamikazi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *