Umuyobozi wa laboratwari nkuru ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (INRB), Prof. Jean-Jacques Muyembe, yagaragaje ko habayeho uburangare bukomeye bwatumye Ebola ikwirakwira mu Mujyi wa Bunia mu Ntara ya Ituri.
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye tariki ya 17 Gicurasi 2026, Prof. Muyembe yagaragaje ko tariki ya 24 Mata ari bwo umuntu wa mbere yishwe n’iyi Ebola yahawe izina rya ‘Bundibugyo’, akaba yari umuforomo wakoreraga muri Bunia.
Yagize ati "Ntitwishimye kubera ko mu isuzuma hagaragayemo intege nke cyane. Uburyo dusuzumamo ntacyo bwamaze. Gukurikirana icyorezo si inshingano ya Minisiteri y’Ubuzima gusa, ni iya bose. Muri iki gihe, hari abadepite n’abasenateri bagiye kuharuhukira, kandi bari bazi iki kibazo. Bari bazi ko abantu bari gupfa ariko ntacyo bavuze."
Prof. Muyembe yavuze ko ubwo laboratwari yo muri Bunia yafataga ibipimo, yabonye Ebola ariko yo mu bwoko bwa ‘Zaïre’, nyuma y’ibyumweru bitandatu, ibipimo 13 bijyanwa muri laboratwari nkuru i Kinshasa, byemezwa ko abantu umunani banduye Ebola ya Bundibugyo.
Ati "Habayeho gukererwa mu gusuzuma no gutangaza iki cyorezo. Sintekereza ko ibi bikwiye gukomeza."
Minisiteri y’Ubuzima ya RDC yatangaje ko ibipimo 336 byagaragaje ko abantu 88 ari bo banduye Ebola ya Bundibugyo muri iki gihugu, ariko Prof. Muyembe we yagaragaje ko abanduye bashobora kuba barenze cyane abo.
Tariki ya 16 Gicurasi, Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Roger Kamba, yabwiye abanyamakuru ko nta burangare Leta yagize mu gukumira iki cyorezo, kuko n’abo muri Bunia batekerezaga ko uyu muforomo yishwe n’indwara batari bakamenye iyo ari yo.
Dr. Kamba yagize ati "Mu gushyingura, abantu bamushyinguye batekereza ko ari indwara y’amayobera, bakora ku mubiri we, barandura. Icyo gihe ni bwo abandura batangiye kugaragara.”
Minisitiri Kamba yasobanuye ko tariki ya 5 Gicurasi ari bwo babonye ku mbuga nkoranyambaga ubutumwa buvuga ko Ebola ishobora kuba yagaragaye muri Bunia, nyuma y’iminsi itatu Leta yemeza ko koko icyo cyorezo cyahagaragaye hashingiwe ku bipimo itsinda ryoherejweyo ryahakuye.
Dr. Muyembe ni umwe mu baganga batahuye bwa mbere Ebola muri RDC mu 1976. Yagaragaje ko bitandukanye n’iyahawe izina ‘Zaïre’ na ‘Sudani’, uwanduye Bundibugyo aba afite ibyago byo gupfa biri hagati ya 30 na 50%, mu gihe ku zindi birenga 80%.
Prof. Muyembe yatangaje ko gusuzuma abarwayi bo muri Bunia byatinze cyane
Minisitiri Roger Kamba yasobanuye ko aho Leta yaboneye amakuru, yihutiye kohereza abafata ibipimo muri Bunia



Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *