skol
fortebet

Tanzania: Perezida Samia Suluhu amerewe nabi kubera uko yibasiye abagore

Yanditswe: Monday 23, Aug 2021

featured-image

Sponsored Ad

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan arimo kunengwa ku mbuga nkoranyambaga kubera kuvuga ko bamwe mu bakinnyi b’abagore b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru bafite "mu gatuza harambuye" kandi ko batabereye kuba bashakwa.
Yabivugiye mu biro bye i Dar es Salaam ubwo yakiraga umudari watsindiwe n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abari munsi y’imyaka 23, mu irushanwa ryo mu karere k’Afurika y’uburasirazuba no hagati (CECAFA) ry’uyu mwaka.
Yavuze ko nubwo abo bagore bahesheje ishema igihugu (...)

Sponsored Ad

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan arimo kunengwa ku mbuga nkoranyambaga kubera kuvuga ko bamwe mu bakinnyi b’abagore b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru bafite "mu gatuza harambuye" kandi ko batabereye kuba bashakwa.

Yabivugiye mu biro bye i Dar es Salaam ubwo yakiraga umudari watsindiwe n’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abari munsi y’imyaka 23, mu irushanwa ryo mu karere k’Afurika y’uburasirazuba no hagati (CECAFA) ry’uyu mwaka.

Yavuze ko nubwo abo bagore bahesheje ishema igihugu batsindira imidari, bamwe muri bo nta mahirwe bafite yo kubona abagabo kubera ukuntu bameze.

Avuga ku ikipe y’abagore y’umupira w’amaguru, yagize ati: "Tubazanye hano tukabatondesha umurongo, ku bafite mu gatuza harambuye, ushobora gutekereza ko ari abagabo - ko atari abagore".

Yavuze ko nubwo bamwe muri abo bakinnyi baze gushaka abagabo, benshi muri bo batarabashaka, "kandi kubera ukuntu bameze, ubuzima bw’abashakanye... ni inzozi gusa [kuri bo]".

Perezida Samia yavuze kandi ko abakinnyi barimo kubaho ubuzima bugoye nyuma yo gusoza akazi kabo ko gukina, asaba abategetsi gukora kuburyo ubuzima bwabo bwa nyuma yo gusezera ku mikino bwitabwaho.

Yavuze ko ubwo buzima bugora abagore by’umwihariko "aho amaguru yabo aba ananiwe, iyo bamaze gusezera ku mikino".

Hari bamwe ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kunenga ayo magambo ye. Umwe mu bakoresha Twitter yatangaje igice cy’ijambo rya Perezida Samia, arinenga gukoresha "amagambo mabi" ku ikipe y’abagore:

Maria Tsehai yanditse kuri Twitter ati: "Ibi ni byo ’perezida wa mbere w’umugore’ afite byo kuvuga ku bandi bagore barimo guhangana n’ababafata uko batari bagakina umupira kinyamwuga!."

Harry Mwala we ati: "Ibyo avuga si ukuri!! Yashyize muri rusange nta gihamya ya siyansi afite ku bagore b’abakinnyi bafite mu gatuza harambuye no kutagira ubwiza no ku bijyanye no kuvamo abashakwa!! Ntabwo avuga gusa ibitari ukuri ahubwo yongeye no kubeshya!."

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa