skol
fortebet

Tanzaniya : Inkende zashimuse uruhinja rwari ku ibere mu gituza cya Nyina

author-image

Yanditswe na: Joseph Iradukunda
Kuwa: Tuesday 21, Jun 2022

Tanzaniya : Inkende zashimuse uruhinja rwari ku ibere mu gituza cya Nyina

Sponsored Ad

skol

Umuturage ari mu gahinda gakabije nyuma y’uko itsinda ry’inkende ryambuye umubyeyi uruhinja rwe mu gihe yaruhaga ibere mu giturage cya Mwamgongo I Kigoma mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Tanzania

Umuturage ari mu gahinda gakabije nyuma y’uko itsinda ry’inkende ryambuye umubyeyi uruhinja rwe mu gihe yaruhaga ibere mu giturage cya Mwamgongo I Kigoma mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Tanzania

Iki giturage gihana imbibe na pariki ya Gombe National Park.

Uyu mubyeyi yonsaga uruhinja rwe rw’ukwezi kumwe gusa ubwo yari hanze y’inzu ye mu mpera z’iki cyumweru dusoje , itsinda ry’inkende zaramatatse zimwambura umwana we w’umuhungu zigerageza ku mucikana ngo zimwijyanire aho ziba.

Uyu yavugije indura yaka ubutabazi maze abaturanyi baza ku nzu ye ku mutabara bambura izo nkende umwana we nk’uko byatangajwe na James Manyama uyobora Police muri ako gace.

Abaturage bakoresheje imbaraga nyinshi bagerageza gukiza uwo mubyeyi igitero cy’inkende no kuzambura urwo ruhinja byatumye rukomereka ku ijosi no kumutwe.

Uru ruhinja rwahise rwerekezwa kwa muganga mu bitaro biri hafi muri ako gace , ariko kubw’ibyago rwahise rutakaza ubuzima ubwo rwahabwaga ubuvuzi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa