Urukingo rushya rwo guhangana n’icyorezo cya Ebola ubu rugiye kugeragerezwa ku bantu, nyuma y’uko ikigo cy’Ubwongereza cy’ubugenzuzi bw’imiti gitanze uruhushya rw’uko amagerageza yakorwa.
Abahanga muri siyanse bo kuri Kaminuza ya Oxford batangiye gukora urwo rukingo mu byumweru umunani bishize, ubwo ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryatangazaga ko ikiza gishya cya Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ari ikibazo cy’ubuzima rusange cyihutirwa gihangayikishije isi, hari ku itariki ya 17 Gicurasi (5).
Ni rwo rwa mbere mu nkingo enye zirimo gukorwa ruhawe uruhushya rwo kugeragerezwa ku bantu.
Abakorerabushake bo kugeragerezwaho urwo rukingo barimo kwegeranywa. Biteganyijwe ko doze za mbere zizahabwa abantu bakuru bafite ubuzima bwiza bo mu Bwongereza, mu gihe kitarenze ibyumweru biri imbere.
Icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kimaze kwica abantu 702 naho abandi 1,926 byemejwe ko banduye Ebola muri icyo gihugu.
Iki cyorezo cya 17 mu mateka ya DRC cyatewe n’ubwoko bwa Bundibugyo bwa Ebola, mbere y’aho bwari bwarateje ibiza bibiri. Kugeza ubu nta muti n’urukingo biriho byemejwe by’ubu bwoko bwa Ebola.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *